• Amakuru / MU-RWANDA


Ubuyobozi  bw’Intara y’Iburasirazuba ku bufatanye n’inzego z’umutekano ndetse n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bayoboye igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge byafatiwe mu Mirenge itandukanye y’aka Karere bifite agaciro k’asaga Miliyoni 100. Iki gikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe cyabereye mu Murenge wa Matimba.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare Kakooza Henry yavuze ko ibiyobyabwenge byangijwe byagiye bifatwa mu bihe bitandukanye. Birimo amapaki ibihumbi 55 y’inzoga zizwi nka zebra na chief, litiro 1500 za kanyanga, ibiro 175 by’urumogi na litiro ibihumbi 22 by’inzoga z’inkorano. Uwo muyobozi avuga ko ibi byafashwe muri gahunda yo guhangana n’ibi binyobwa byangiza ubuzima bw’abaturage.

Bamwe mu baturage bitabiriye iki gikorwa bavuga ko byabahaye isomo ndetse bakaba bagiye gufatanya n’ubuyobozi bw’ibanze kujya bagaragaza ahari ibiyobyabwenge.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudance Rubingisa yasabye abaturage kwirinda ibiyobyabwenge kuko bibadindiriza iterambere.

Mu Rwanda, itegeko rihana ibyaha byerekeye ibiyobyabwenge, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese uhinga, ukora, utembereza, ugurisha, uha undi cyangwa uwinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge bitemewe ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka 20 na burundu, n’ihazabu iri hagati ya miliyoni 20 Frw na miliyoni 30 Frw.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments