Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje impungenge ku myitwarire ya
bamwe mu bayobozi bakora amakosa bayasubiramo inshuro nyinshi, nubwo baba
baranasabye imbabazi bagasezeranya ko bagiye guhinduka.
Ibi
yabigarutseho mu nama y’Inzego z’ubutegetsi bwite bwa Leta n’izegerejwe
abaturage, aho yibukije abayobozi ko inshingano bafite zisaba ubunyamwuga,
ubushishozi n’ubwitange buhoraho.
Perezida
Kagame yavuze ko atumva uburyo umuyobozi ashobora gukora ikosa rimwe,
akarisabira imbabazi, akavuga ko agiye kwikosora, ariko nyuma y’igihe gito
akongera kurisubiramo. Yashimangiye ko imyitwarire nk’iyo igaragaza ikibazo
gikomeye mu mikorere no mu mitekerereze y’abayobozi bamwe.Yagize ati, “Gukora
ikosa rimwe buri gihe, ugasaba imbabazi uvuga ko ugiye guhinduka, hanyuma
ukongera ukarisubiramo, jyewe ibyo sinabyumva. Iyo umuyobozi asubiramo amakosa,
haba hari ikibazo kigomba gukemurwa.”
Yakomeje
agaragaza ko ikibazo kitagarukira ku muntu umwe gusa, kuko no gusimburana mu
myanya bikomeza kugaragaza amakosa amwe. Yibajije impamvu umuyobozi mushya ajya
mu mwanya agasubiramo amakosa nk’ay’uwo asimbuye, kandi baba bazi neza
inshingano zabo n’ibikwiriye gukorwa.
Perezida
Kagame yibukije abayobozi ko kumenya inshingano zabo bidahagije, ahubwo ko
bikwiye kujyana n’ibikorwa bifatika. Yagaragaje ko kudahuza imigambi n’ibikorwa
ari imwe mu mpamvu zituma hari aho iterambere ridindira.
Ati, “Kugena
imigambi ntuyihuze n’ibikorwa bikwiye kuba bikorwa muri iyo migambi ntushobora
kugira icyo ugeraho ” Ibi yabivuze ashimangira ko gahunda zose zigomba
gushyirwa mu bikorwa neza kugira ngo zitange umusaruro witezwe agaragaza ko
hari imishinga yadindiye kubera uburangare aho abayobozi bemeye aya makosa.
Yasabye
abayobozi kurushaho kwitwararika, bakirinda amakosa asubirwamo, ndetse
bagashyira imbere inshingano zabo aho gushyira imbere impamvu zituma badakora
neza. Yagaragaje ko hari ubushobozi buhagije mu bayobozi, ariko hakenewe
ubwitange n’imikorere inoze kugira ngo igihugu gikomeze gutera imbere.
Ubu butumwa
bwa Perezida Kagame bwongeye kwibutsa abayobozi ko gusaba imbabazi bidahagije,
ahubwo ko igikenewe ari impinduka nyazo zigaragarira mu mikorere ya buri munsi.
Like This Post? Related Posts