Guverinoma y’u Rwanda yijeje abaturage ko amavugurura aherutse gukorwa ku misanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) atagamije kubaremerera, ahubwo agamije kunoza serivisi no gutuma iyi gahunda irushaho gukora neza.
Ibi
byagarutsweho na Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, ubwo yagezaga ku
Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi ibikorwa bya Guverinoma bigamije imibereho
myiza y’abaturage.
Agaruka
ku mpinduka ziheruka gukorwa mu kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza
yagize ati:“Mituweli yatumye Abanyarwanda benshi batinyuka kujya kwa muganga
hakiri kare. Turishimira ko abagera kuri 88% bari muri ubu bwishingizi.”
Yasobanuye
ko kongera imisanzu byatewe n’uko serivisi zitangwa na mituweli zarushijeho
kwiyongera, zirimo kuvura indwara zikomeye nka kanseri, gusimbuza impyiko
(dialyse), kubaga umutima, kubaga amagufwa n’umugongo ndetse no gushyira
insimburangingo n’inyunganirangingo muri ubwo bwishingizi, bikaba byaratumye
ikiguzi cy’ubwishingizi cyiyongera cyane.
Ati:“Ntabwo
agamije (amavugurura) gushyira umutwaro uremereye ku baturage, ahubwo agamije gutuma
iyi gahunda irushaho gukora neza, mu buryo buhamye kandi burambye mu nyungu za
buri wese.”
Imibare
igaragaza ko amafaranga yakoreshejwe mu kwivuza yiyongereye cyane mu myaka 10
ishize, aho yavuye kuri miliyari 39 Frw mu 2015/2016 akagera kuri miliyari 98
Frw mu 2024/2025.
Mu
rwego rwo gukomeza gutuma iyi gahunda ibasha kwigira no gukorera abaturage
benshi, hashyizweho imisanzu mishya ishingiye ku byiciro by’imibereho (System
Imibereho). Abo mu cyiciro cya mbere bishyurirwa na Leta 100%, mu gihe abo mu
cya kabiri bishyura 3,000 Frw ariko leta ikabongera 1000 Frw, abari mu cya
gatatu bishyura 5,000 Frw, abari mu cya kane bakishyura 8,000 Frw, naho abari
mu cya gatanu bakishyura 20,000 Frw.
Nubwo
bimeze bityo, Leta izakomeza gutanga 52% by’ingengo y’imari yose ikenewe, mu
gihe abaturage bazatanga 48% isigaye.
Agaruka
ku nyungu z’iyi gahunda, Nsengiyumva yatanze urugero rw’umurwayi w’impyiko
ukenera dialyse inshuro eshatu mu cyumweru, agira ati:
“Uyu
murwayi adafite ubwishingizi yasabwa kwishyura arenga miliyoni 9.4 Frw ku
mwaka, ariko ufite mituweli yishyura 10% gusa.”
Nubwo
aya mavugurura afite inyungu, hari abaturage bagaragaje impungenge bavuga ko
imisanzu mishya ishobora kutajyana n’ubushobozi bwabo cyangwa ko batasobanukiwe
neza uko yashyizweho.
Minisitiri
w’Intebe yijeje ko ibyo bibazo bizitabwaho, agira ati:“Ndagira ngo mbamare
impungenge rwose ko kugena aya mafaranga byakozwe mu bushishozi kandi
tuzakomeza kwegera abaturage no kubakemurira ibibazo bafite.”
Ku
rundi ruhande, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, na we ku wa 25 Werurwe
2026, yatangaje ko ahagaragaye ibitagenda neza mu ishyirwa mu bikorwa ry’iyi
gahunda hagomba gukosorwa.
Yagize
ati:“Aho bigaragaye ko hari amakosa, bigomba gukosorwa kugira ngo gahunda
irusheho kugirira abaturage akamaro.”
Aya
mavugurura ateganyijwe kuzamura umusanzu w’abanyamuryango ukagera hafi kuri
miliyari 70 Frw mu mwaka wa 2026/2027, bingana na 48% by’ingengo y’imari
ikenewe, mu gihe Leta izakomeza gutanga 52% asigaye.
Muri rusange, Guverinoma ishimangira ko izi mpinduka zigamije gutuma ubwisungane mu kwivuza burushaho kuba bwiza, burambye kandi bugirira akamaro buri Munyarwanda, cyane cyane mu kugabanya umutwaro w’ibiciro by’ubuvuzi ku ndwara zikomeye.