Nicolas Maduro wahoze ayobora Venezuela wakuwe ku butegetsi ndetse agafatwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agiye gutangira kuburanishwa ku byaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’iterabwoba.
Mu gitondo cyo ku wa 3 Mutarama 2025 ni bwo
Amerika yagabye ibitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, ndetse Perezida
Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barafatwa bajyanwa muri Amerika.
Bamaze iminsi
igera kuri 80 bafungiye muri Gereza ya Brooklyn yo mu Mujyi wa New York.
Maduro
w’imyaka 63 yafashwe nyuma y’ibihe bitandukanye atumvikana na Amerika ndetse
agaragaza ko nta cyo yamutwara.
Uyu
mugabo wayoboye Venezuela imyaka irenga 13 akigezwa i New York yavuze ko ari
imfungwa y’intambara ndetse agaragaza ko atemera ibyo ashinjwa.
Biteganyijwe
ko Maduro aza kugaragara mu rukiko Saa Kumi n’Imwe zo mu Rwanda. Byitezwe ko
aza gusaba ko ikirego cye cyateshwa agaciro. Abanyamategeko be na bo barakibaza
uza kwishyura amagarama y’urubanza.
Guverinoma
ya Venezuela ishaka kwishyura ikiguzi cyose cy’urubanza, icyakora ugomba
kumuburanira witwa Barry Pollack ntabwo arahabwa uruhushya rwihariye kubera
ibihano yafatiwe na Amerika.
Barry
Pollack agaragaza ko kutamuha uru ruhushya ari ukutubahiriza uburenganzira bwa
Maduro bwo kubona umwunganira mu mategeko, agahera aho asaba ko urubanza
rwateshwa agaciro kubera iyo mpamvu.
Maduro
yafashwe n’abasirikare ba Amerika babarizwa mu mutwe udasanzwe woherezwa aho
rukomeye, Delta Force. Abo muri uyu mutwe bamusanze mu cyumba cye, mu gitero
cyifashishije indege 150.