• Amakuru / POLITIKI


Nicolas Maduro wahoze ayobora Venezuela wakuwe ku butegetsi ndetse agafatwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agiye gutangira kuburanishwa ku byaha byo gucuruza ibiyobyabwenge n’iterabwoba.

Mu gitondo cyo ku wa 3 Mutarama 2025 ni bwo Amerika yagabye ibitero mu Murwa Mukuru wa Venezuela, Caracas, ndetse Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barafatwa bajyanwa muri Amerika.

Bamaze iminsi igera kuri 80 bafungiye muri Gereza ya Brooklyn yo mu Mujyi wa New York.

Maduro w’imyaka 63 yafashwe nyuma y’ibihe bitandukanye atumvikana na Amerika ndetse agaragaza ko nta cyo yamutwara.

Uyu mugabo wayoboye Venezuela imyaka irenga 13 akigezwa i New York yavuze ko ari imfungwa y’intambara ndetse agaragaza ko atemera ibyo ashinjwa.

Biteganyijwe ko Maduro aza kugaragara mu rukiko Saa Kumi n’Imwe zo mu Rwanda. Byitezwe ko aza gusaba ko ikirego cye cyateshwa agaciro. Abanyamategeko be na bo barakibaza uza kwishyura amagarama y’urubanza.

Guverinoma ya Venezuela ishaka kwishyura ikiguzi cyose cy’urubanza, icyakora ugomba kumuburanira witwa Barry Pollack ntabwo arahabwa uruhushya rwihariye kubera ibihano yafatiwe na Amerika.

Barry Pollack agaragaza ko kutamuha uru ruhushya ari ukutubahiriza uburenganzira bwa Maduro bwo kubona umwunganira mu mategeko, agahera aho asaba ko urubanza rwateshwa agaciro kubera iyo mpamvu.

Maduro yafashwe n’abasirikare ba Amerika babarizwa mu mutwe udasanzwe woherezwa aho rukomeye, Delta Force. Abo muri uyu mutwe bamusanze mu cyumba cye, mu gitero cyifashishije indege 150.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments