Perezida wa Algeria,
Abdelmadjid Tebboune, yagiye ku bitaro
bya gisirikare bya Mohamed Seghir Nekkache Hospital biherereye i Alger, aho
yagiye guha icyubahiro no gusezera bwa
Nyuma Liamine Zeroual witabye Imana ku
wa Gatandatu azize uburwayi yari amaranye igihe.
Mu rwego rwo
kuzirikana no guha icyubahiro uyu wahoze ayobora igihugu, Leta ya Algeria
yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu guhera ku Cyumweru, aho amabendera yashyizwe
mu gice cyo hagati mu gihugu hose no mu biro by’ubudipolomate byo hanze.
Liamine
Zeroual yari umwe mu basirikare bakomeye b’igihugu, aho yigeze no kuba mu Ngabo
za gisirikare zarwaniye ubwigenge, Front de libération nationale (FLN),
zarwanyaga ubukoloni bw’u Bufaransa.
Nyuma
y’ubwigenge, yakomeje urugendo rwe mu gisirikare no mu buyobozi, aza kugera ku
rwego rwo kuyobora igihugu mu bihe by’inzibacyuho byari birimo intambara
y’imbere mu gihugu.
Yatorewe
kuyobora Algeria manda y’imyaka itanu, ariko mu 1998 ahitamo kuva ku butegetsi
mbere y’igihe cye, bitewe n’amakimbirane n’ibitekerezo bitandukanye byari mu
buyobozi bw’igihugu.
Nyuma y’iki
cyemezo, habaye amatora yihutishijwe mu 1999, yaje gutsindwa na Abdelaziz
Bouteflika, amusimbura ku buyobozi bw’igihugu.
Urupfu rwa
Zeroual rwateye agahinda kenshi mu baturage ba Algeria, aho benshi bamwibuka
nk’umuyobozi wagerageje kugarura ituze mu bihe bikomeye by’amateka y’igihugu.
Abasesenguzi
mu bya politiki bavuga ko uruhare rwe mu gihe cy’intambara y’imbere mu gihugu
rwagize akamaro kanini mu kugerageza gusubiza igihugu ku murongo, nubwo ibihe
yari arimo byari bikomeye cyane.
Liamine
Zeroual azahora yibukwa nk’umuyobozi wagize uruhare rukomeye mu mateka ya Algeria,
by’umwihariko mu bihe by’inzibacyuho n’ibibazo bikomeye by’umutekano.