Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari, (IMF), cyatangaje ko cyateganyije guha u Rwanda inguzanyo ingana na miliyoni 250 z’amadolari ya Amerika, igamije gufasha igihugu guhangana n’ingaruka z’ubukungu zituruka ku ntambara zikomeje mu Burasirazuba bwo Hagati.
Aya mafaranga azatangwa mu gihe cy’amezi 38 (imyaka itatu), bikaba
biteganyijwe ko azemezwa burundu n’Inama y’Ubutegetsi ya IMF muri Kamena 2026.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yussuf Murangwa,
yatangaje ko iyi nguzanyo izafasha u Rwanda guhangana n’ihindagurika
ry’ubukungu, cyane cyane izamuka ry’ibiciro ku masoko mpuzamahanga.
Yagize ati: “Aya mafaranga azadufasha gukemura ibibazo by’ubukungu bishobora
guterwa n’intambara, cyane cyane ku bijyanye n’izamuka ry’ibiciro by’ifumbire
n’ibindi bikoresho biva mu mahanga.”
Yongeyeho ko Leta iri gutegura ingamba zo gufasha abahinzi kubona
ifumbire ku giciro kidahenze, aho izashyiramo inkunga kugira ngo ibiciro
bitazamuka ku buryo bukabije.
Ku ruhande rw’imibare y’ubukungu, IMF yagaragaje ko ubukungu bw’u
Rwanda bwitwaye neza, aho bwazamutse ku kigero cya 9.4% mu 2025, burenze icyari
giteganyijwe.
Gusa, igaragaza impungenge ku izamuka ry’ibiciro ku masoko
(inflation), ryageze kuri 9.2% muri Gashyantare 2026, rirenga imbago zo hejuru
zari zarashyizwe kuri 8%.
Guverineri wa Banki
Nkuru y’Igihugu Soraya Hakuziyaremye,
yavuze ko hari ingamba ziri gutegurwa na Guverinoma zigamije kugabanya uwo
muvuduko.
Ati:
“Turimo
gukurikirana hafi ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli na gaze, kandi dufatanyije
na Guverinoma tuzafata ingamba zigamije gutuma politiki y’ifaranga no gutakaza agaciro
kwaryo kuko bishobora kuzamanuka bigasubira kuri 5%.
IMF kandi yagaragaje ko u Rwanda rukomeje kwitwara neza mu
bucuruzi mpuzamahanga, rushingiye ku byoherezwa hanze birimo icyayi, ikawa
n’amabuye y’agaciro, nubwo ibitumizwa mu mahanga bikomeje kuba byinshi.
Iyi nguzanyo ije mu gihe ibihugu byinshi ku Isi bikomeje
kwibasirwa n’ingaruka z’intambara zo mu Burasirazuba bwo Hagati, zigira
ingaruka ku biciro by’ibikomoka kuri peteroli, ifumbire n’ibindi bikoresho
by’ingenzi ku bukungu.
Abasesenguzi bemeza ko inkunga ya IMF ishobora gufasha u Rwanda
gukomeza guhagarara neza mu bukungu, mu gihe gikomeye cy’ihungabana ry’ubukungu
ku rwego mpuzamahanga.