Leta ya Iran yemeje ko Umuyobozi w’Urwego rushinzwe ubutasi mu ngabo za Revolutionary Guards (IRGC), Gen Maj. Majid Khademi, yiciwe mu gitero cyo ku wa 6 Mata 2026.
Itangazo ryemeza
urupfu rwa Gen Maj Khademi, ryashyizwe hanze n’uru rwego, ryavuze ko yishwe
n’igitero cy’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Israel.
Khademi yagiye kuri uyu mwanya asimbuye Mohammad Kazemi nawe
wishwe n’ibitero bya Israel ku wa 15 Kamena 2025 mu mirwano y’iminsi 12 yari
imaze iminsi ihanganishije ibi bihugu.
Muri Gashyantare 2026 nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye muri
iki gihugu, Khademi yumvikanye ashinja Perezida wa Amerika, Donald Trump kugira
uruhare mu gutuma iyo myigaragambyo iba.
Khademi yavuze ko muri icyo gihe cy’iyo myigaragambyo hari
abanyamahanga barenga 10 barimo n’abakorana na Israel bagize uruhare mu gutuma
igira ubukana.