Ku gicamunsi
cyo kuri iki Cyumweru tariki 12 Mata 2026,Abahanzi Bruce Melodie na The Ben
baherekejwe n’abarimo Uwicyeza Pamella, Kate Bashabe, Ben na Chance n’abandi
banyuranye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi bunamira
inzirakarengane zirena ibihumbi 250 zihashyinguye
Bakigera aho
ku rwibutso basobanuriwe amateka y’Urwo rwibutso ndetse n’ayuko Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994
yateguze kuva mu mwaka 1959
kugeza ishyizwe mu bikorwa muri
1994
Nyuma yo
gusura ibice bitandukanye by’uru rwibutso bakanunamira Abatutsi bahashyinguwe,
The Ben na Bruce Melodie bavuze ko nubwo atari ubwa mbere bahasuye ariko uko
bahageze barushaho kwiga.
Bruce
Melodie yagize ati “Si ubwa mbere nsuye Urwibutso, icyakora ni ubwa mbere mpaje
nizanye kugira ngo ndusheho gusobanukirwa. Ikintu kimwe mukwiye kumva ni uko
buri munsi buri gihe uko nje hano [niga], iyi nkuru iraremereye kuko
itamenyerwa […] rero nk’imbaraga z’Igihugu zubaka kandi vuba twaje hano kugira
ngo twihugure ku mateka yacu.”
The Ben we
yasabye abanyamakuru gukoresha amajwi yabo mu kwamamaza urukundo mu Banyarwanda
ariko anahamya ko nk’ibyamamare bafite umukoro mu kurwanya abagoreka amateka
y’Igihugu.
Ati “Reka
dukoreshe amajwi yacu mu kwamamaza amahoro, ubukwe n’urukundo mu Banyarwanda
turwanye cyane ndetse kurushaho izi nduru zo hanze zishaka guhindanya Igihugu
cyacu, uretse ko zanatsinzwe ariko tugomba guhozaho tukavuga ukuri kw’amateka
y’u Rwanda.”
Guhangana
n’abagoreka amateka y’u Rwanda kandi wanabaye umukoro ukomeye kuri Muyoboke
Alex ureberera inyungu za The Ben ndetse na Kenny Muragura wari uhagarariye
1:55AM Ltd ikorana bya hafi na Bruce Melodie.
Muyoboke
Alex yibukije abahanzi bari muri iki kiganiro n’abanyamakuru muri rusange ko
abagoreka amateka batabarusha ababakurikira bityo ko bakwiye kuba bahangana na
bo cyane ko bafite ukuri ku byo bavuga mu gihe usanga abasebya u Rwanda
bibasaba guhimba.
Kenny
Mugarura yibukije abari muri iki gikorwa ko inshuro nyinshi usanga bakoresha
imbuga nkoranyambaga ibidafite umumaro nyamara bakabaye bazikoresha bahangana
n’abagoreka amateka y’Igihugu.