Patrick
Nkulikiyimfura wari umaze igihe kinini ari Umuyobozi Mukuru wa Akagera
Aviation, yitabye Imana ku Cyumweru tariki 12 Mata. Yari afite imyaka 57
y’amavuko.
Ubutumwa
bubika Nkulikiyimfura bwatangajwe n’umuryango we bugira buti “Umuryango wa
Nkulikiyimfura ubabajwe no kubamenyesha gutaha kwa Patrick Nkulikiyimfura,
witabye Imana tariki ya 12 Mata 2026. Ikiriyo kiri kubera i Kabuga.”
Nkulikiyimfura
yari amaze igihe kinini ari Umuyobozi Mukuru wa Akagera Avition. Mbere yaho
n’ubundi yakoraga muri RwandAir ari Umuyobozi ushinzwe ibikorwa.
Itangazo
ryashyizwe hanze na Akagera Aviation, rivuga ko Nkulikiyimfura yari umuyobozi
ureba kure, kandi w’inyangamugayo waharaniye iterambere ry’ikigo n’urwego rwo
gutwara abantu n’ibintu mu ndege mu Rwanda kuva mu 2010.
Rikomeza
rigira riti “Ubuyobozi bwe n’umuhate wo gukora neza byatanze umusaruro ufatika
ku kigo cyacu, ku bafatanyabikorwa n’umuryango muri rusange.”
Akagera Aviation
yihanganishije umuryango wa nyakwigendera hamwe n’abakoranye na Nkulikiyimfura.
Like This Post? Related Posts