Kuri uyu wa 16 Mata 2026, urukiko rwo muri Afurika y’Epfo rwakatiye umunyapolitiki Julius Malema igifungo cy’imyaka itanu, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo gutunga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kurasa mu ruhame.
Malema azwi nk’umwe mu
banyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bakomeye muri iki gihugu, ndetse
akaba akunzwe cyane n’urubyiruko. Ni na we uyobora ishyaka rya Economic Freedom
Fighters (EFF) yashinze amaze kuva mu ishyaka riri ku butegetsi rya ANC.
Ibi byaha bifitanye isano
n’amashusho yafashwe mu 2018 agaragaza Malema arasa mu kirere mu birori byo
kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu ishyaka EFF rimaze rishinzwe. Ibyo birori
byabereye mu Ntara ya Eastern Cape.
Mu rubanza, Malema yireguye
avuga ko imbunda yakoresheje itari iye, kandi ko kurasa kwe nta kindi kwari
kugamije uretse gukangura abari bitabiriye ibyo birori.
Mu Ukwakira 2025 ni bwo
urukiko rwamuhamije ibyo byaha, ruvuga ko igihano kizatangazwa nyuma. Icyo
gihe, Malema yavuze ko gufungwa cyangwa no gupfa ari igitambo yiteguye gutanga
mu rwego rwo guharanira impinduka za politiki.
Yagize ati: “Ntitwatinya
gufungwa cyangwa gupfa duharanira impinduramatwara. Ibyo bazakora byose,
ntibizaduca intege.”
Nyuma yo gutangazwa
kw’igihano, umunyamategeko wa Malema yatangaje ko bagiye kujirira icyemezo
cy’urukiko, bagamije ko igihano cyahindurwa kikaba kitari ugufungwa.
Iki gihano gishobora kugira
ingaruka zikomeye kuri Malema, kuko ashobora gutakaza umwanya w’ubudepite
amazeho imyaka isaga 12.