Iran yatangaje ko yongeye gukaza igenzura ku muhora wa Hormuz, nyuma yo gushinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika kutubahiriza ibyari byemeranyijweho mu biganiro byaherukaga gutuma uyu muhora ufungurwa by’agateganyo.
Ibi bibaye nyuma y’uko kuri uyu wa Gatanu Iran yari yemeye gufungura
inzira ya Hormuz mu gihe cy’iminsi 10 y’agahenge, igamije korohereza ubwato
butwara peteroli n’ibindi bicuruzwa kunyura muri uyu muyoboro w’ingenzi ku
bucuruzi mpuzamahanga.
Icyakora, Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko igihugu cye
kizakomeza gufunga ibyambu bya Iran biherereye mu Kigobe cya Persique, bituma
Iran na yo ifata icyemezo cyo gusubira ku ngamba zari zisanzweho zo kugenzura
bikomeye uyu muhora.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Igisirikare cya Iran mu gitondo cyo
kuri uyu wa Gatandatu, cyavuze ko nubwo cyari cyagaragaje ubushake bwo
gufungura inzira ku bwato bw’ubucuruzi, Amerika yakomeje ibikorwa byayo byo
gufunga inzira z’ubucuruzi.
Rigira riti: “Repubulika ya Iran yemeye kugaragaza ubushake bwo gutanga
inzira ku bwato butwaye peteroli n’ubundi bwato bw’ubucuruzi bunyuze mu muhora
wa Hormuz, hashingiwe ku masezerano yari yagezweho.”
Icyakora ryakomeje rivuga ko, kubera ibikorwa bya Amerika, Iran yongeye
gushyira mu bikorwa igenzura rikomeye ku muhora wa Hormuz, nk’uko byari bimeze
mbere.
Iran yashimangiye ko mu gihe cyose Amerika itazemera ko ubwato bujya
cyangwa buva ku byambu byayo bugenda nta nkomyi, uyu muhora uzakomeza
kugenzurwa mu buryo bukomeye n’ingabo zayo.
Umuhora wa Hormuz ni umwe mu nzira z’ingenzi ku Isi, kuko unyuzwamo
igice kinini cya peteroli ikoreshwa ku rwego mpuzamahanga, bityo impinduka
ziwubayemo zikagira ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Isi.