Polisi
y’igihugu ikorera mu karere ka Gasabo yafashe abagabo 2 bacuruza ikiyobyabwenge
cy’urumogi, abafashwe ni NDIKURYAYO Narcisse w'Imyaka 43 , na TUYISENGE Eric w'imyaka 40 ,
bafashwe tariki ya 26/04/26 saa tanu z’amanywa, bafatirwa mu Murenge wa
Bumbogo, Akagali ka Musave, Umudugudu wa Ramba, bafatanywe urumogi ibiro 02
n’udupfunyika 237 by’urumogi, bafatiwe mu nzu batuyemo bari kurufunga ngo
barushyire abakiriya babo.
Umuvugizi wa
Polisi mu Mujyiwa Kigali Chief Inspector of Police (CIP) Wellars GAHONZIRE
yatangaje ko aba uko ari babiri bafatiwe mu nzu batuyemo bari mu gikorwa cyo
gufunga urumogi ngo barucuruze kuko hari amakuru ko ariko kazi bakora, bafashwe
biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.
Polisi y’igihugu
irashimira abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwira mu
baturage ngo rwangize ubuzima bwabo, abafashwe n’urumogi bafatanywe bafungiye
kuri sitasiyo ya Polisi ya Bumbogo ngo bakorerwe amadosiye bashyikirizwe urwego
rw’ubugenzacyaha RIB.
Polisi
iraburira abantu bose bishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kubireka
bagashaka ibindi bakora, iraburira abibeshya ko kuba batuye mu Mirenge y’icyaro
bibaha icyuho cyo gucuruza ibiyobyabwenge ko babireka kuko ahantu hose Polisi
ihakorera kandi ko abaturage nabo bahagurukiye kurwanya abacuruza
ibiyobyabwenge, nibashake ibindi bakora.
Aba bafashwe
nyuma yaho mucyumweru gishize hafashwe abanda baturage bacuruza urumogi muri
aka karere ka Gasabo mu Murenge wa Rutunga.
Mu Rwanda,
urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho umuntu wese
uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi,
cyangwa kurugurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu
y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30.