• Amakuru / MU-RWANDA

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kubungabunga umuco warwo no kuwusigasira mu bisekuru by’ejo haza Ambasade y’u  Rwanda muri  Kenya yatangije gahunda nshya igamije kwigisha abana b’Abanyarwanda baba muri Kenya ururimi rw’Ikinyarwanda ndetse n’imbyino gakondo.

Iyi gahunda ije nk’igisubizo ku kibazo cyari kimaze kugaragara mu miryango y’Abanyarwanda baba mu mahanga, aho bamwe mu bana batangira gutakaza ubumenyi ku rurimi rwabo n’umuco gakondo bitewe no gukurira kure y’igihugu.

Abateguye iyi gahunda bagaragaza ko intego yayo nyamukuru ari ugufasha abana kumenya gusoma, kwandika no kuvuga Ikinyarwanda neza ndetse gusobanukirwa umuco nyarwanda n’indangagaciro zawo no gukomeza kugira isano n’igihugu cyabo

Ni gahunda igamije kubaka umusingi ukomeye ku bana, kugira ngo nubwo baba mu mahanga, badatakaza indangamuntu yabo.

Amasomo azajya atangwa buri wa Gatandatu ku cyicaro cya Ambasade y’u  Rwanda muri Kenya, aho abana bazajya biga mu buryo bwihariye bubafasha gusobanukirwa no gukunda ibyo bigishwa.

Itsinda rya mbere ryatangiye aya masomo ku wa 25 Mata 2026, rigizwe n’abana bafite imyaka iri hagati ya 8 na 12. Biteganyijwe ko uko gahunda igenda ikura, hazongerwamo n’andi matsinda.

Uretse kwigisha ururimi, iyi gahunda izibanda kandi  ku myitozo y’imbyino gakondo, imwe mu nkingi zikomeye z’umuco nyarwanda.

Muri  iyo  gahunda Abana bazahabwa amahirwe yo kwiga imbyino zitandukanye z’umuco nyarwanda ,gusobanukirwa amateka yazo no gukoresha umubiri n’amarangamutima mu kwerekana uwo muco

Ibi bizafasha abana kumva ko umuco atari amagambo gusa, ahubwo ari ubuzima buboneka mu bikorwa.

Ambasade y’u Rwanda yashimiye cyane ababyeyi bagize uruhare mu kwandikisha abana babo muri iyi gahunda, igaragaza ko ubufatanye bwabo ari ingenzi mu gutsinda kwayo.

By’umwiharikoAmabasade yashimiye byimazeyo ababikira  babiri b’abanyarwanda Sr. Caritas Mukamukiga na Marie Claire Karikwera  ku bwitange bagaragaje mu kwigisha no gufasha abana gusobanukirwa neza ururimi n’umuco.

Iyi gahunda si iy’igihe gito gusa, ahubwo ifite icyerekezo cyo gukomeza kwaguka ikagera ku bana benshi  ndetse no kubaka umuryango w’Abanyarwanda bafite isano rikomeye  no guteza imbere ubufatanye hagati y’abanyarwanda  baba mu mahanga  n’igihugu cyabo

Iyi gahunda  imwe mu ngero nziza zerekana uburyo abanyarwanda baba hane  y’u Rwanda  bashobora kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu, by’umwihariko mu gusigasira umuco.

Kwiga ururimi rw’ikinyarwanda  n’umuco bizafasha aba bana kwigirira icyizere ku muco wabo ,kumva neza aho bakomoka no kuzaba aba mbasaderi b’u Rwanda aho bari hose

Mu gihe kizaza, aba bana bashobora kuzagira uruhare mu guteza imbere u Rwanda, baba bari imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga.

Iyi gahunda ya Ambasade y’u Rwanda muri Kenya ni intambwe ikomeye mu rugendo rwo kubungabunga umuco nyarwanda no kuwugeza ku bisekuru by’ejo hazaza kuko  izagaragaza ko umuco ari inkingi y’ubumwe n’isano ryabo ndetse ko ururimi ari umusingi w’ubuzima bw’igihugu  kandi buri wese, aho yaba ari hose, afite uruhare mu kuwusigasira

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments