Ingabo z'u
Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS),
bafatanyije n’ingabo zituruka Bangladesh, u Bushinwa, Etiyopiya na Nepal, kuri
uyu munsi bakiriye mu birori bya gisirikare birimo akarasisi, Madamu
Anita Kiki Gbeho,
Umuyobozi Mukuru mushya wa UNMISS akaba ari nawe Ntumwa Nkuru ihagarariye
Umunyamabanga Mukuru wa Loni mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo.
Umuhango wo
kumwakira wabereye ku cyicaro gikuru cya UNMISS giherereye ku nkengero z’umujyi
wa Juba muri Sudani y’Epfo.
Nyuma
y’akarasisi, Madamu Anita K. Gbeho yakiriwe n’abayobozi batandukanye,
harimo abayobozi ku cyicaro gikuru cya UNMISS, abakozi batandukanye,
abasirikare n’abapolisi bakorera muri UNMISS, abakozi b'Imiryango Mpuzamahanga
ikorana na UNMISS, ndetse n’abakozi bo mu nzego za gisivili.
Madamu Gbeho
aherutse gushyirwaho n' Umunyamabanga Mukuru wa Loni António Guterres,
nk' intumwa imuhagarariye mu butumwa bw' amahoro muri Sudani y' Epfo.
Yasimbuye nyakwigendera Nicholas Haysom witabye Imana ku wa 18 Werurwe 2026.