• Amakuru / MU-RWANDA

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Turikiya, Gen. Selçuk Bayraktaro?lu.

Ibiganiro byahuje aba basirikare bakuru bombi byabaye ku wa 5 Gicurasi 2026, i Istanbul. Gen Mubarakh Muganga ari muri Turikiya aho yitabiriye Inama n’Imurikagurika ku bijyanye n’intwaro n’umutekano (SAHA 2026).

SAHA ni gahunda y’imurikagurisha yatangijwe na Leta ya Turikiya igamije kumurikira amahanga zimwe mu ntwaro zikorerwa muri iki gihugu, ikoranabuhanga mu bijyanye n’umutekano ndetse n’isanzure.

Iy’uyu mwaka yatangiye tariki 5 Gicurasi 2026. Turikiya yiteze kuyikuramo amasezerano afite agaciro ka miliyari 8$.

Ntihigeze hatangazwa ibyo aba basirikare bombi baganiriyeho, gusa Gen Mubarakh Muganga yitabiriye iyi nama n’imurikabikorwa mu gihe u Rwanda ruri mu bihugu bisanzwe bikorana na Turikiya mu bijyanye n’umutekano.

Perezida Paul Kagame aheruka kugirira uruzinduko muri iki gihugu mu 2025. Kimwe mu bikorwa yasuye ni uruganda rwa Özdemir Bayraktar Technology Center rukora ibikoresho bya gisirikare birimo na drones zifashishwa mu ntambara.

Muri uru ruzinduko kandi u Rwanda na Turikiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego enye zirimo itangazamakuru n’itumanaho, iperereza ku mpanuka n’ibibazo bikomeye by’indege za gisivile, radiyo na televiziyo n’ikoranabuhanga mu gisirikare.

Icyo gihe Perezida Kagame yavuze ko isinywa ry’ayo masezerano y’ubufatanye ryerekana, ubushake bw’ibihugu byombi bwo kurushaho gufatanya.

Yagize ati "Ni ikimenyetso ko u Rwanda n Turukiya, byose birajwe ishinga no gushaka amahirwe y’ubufatanye. Isinywa ry’aya masezerano ni ikimenyetso cy’iyi ntumbero dusangiye mu kurushaho gufatanya."

Kuva mu 2013 no mu 2014 ibihugu byombi byafungura Ambasade, umubano w’u Rwanda na Turikiya wakomeje gutera imbere umunsi ku wundi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments