• Imikino / FOOTBALL

Antoine Griezmann yasabye imbabazi abafana ba Atletico Madrid , avuga ko kujya muri FC Barcelona ryari ikosa rikomeye yakoze kubera ubwana

Ibi Griezmann yabivuze ubwo yasezeraga abafana ba Atletico Madrid , nyuma yo gukina umukino we wanyuma ku kibuga cyiyi kipe, kuko mu mpeshyi yuyu mwaka, azerekeza mu ikipe ya Orlando City yo muri Leta Zunze ubumwe za America,  ubwo yari ahawe ijambo , Griezmann yavuze ko nubwo atatwaye ibikombe bya shampiyona na Champions league muri iyi kipe, ariko urukundo abafana bamukunze aruha agaciro gakomeye.


Antoine Griezmann avuga ko yicuza kuba yaragiye muri FC Barcelona 

Yavuze ko muri 2019 ubwo yerekezaga muri FC Barcelona,  byari ikosa rikomeye yakoze bitewe n'ubwana, asaba imbabaza abafana , mu magambo ye yagize ati" mumbabarire nari umwana, ndetse byari amakosa kwerekeza muri Real Madrid, sinigeze menya neza urukundo mumfitiye, namenye amakosa nakoze ndetse nkora ibishobika byose ndagaruka ,ngo nongere nishime .

Antoine Griezmann yakiniye Atletico Madrid kuva muri 2014, ayivamo muri 2019 yerekeza muri FC Barcelona,  ariko nyuma y'imyaka 2 ahita agaruka muri Atletico Madrid,  bituma igihe yamaze muri iyi kipe ari imyaka 10 , ariko idakurikirana.


Antoine Griezmann yasezeye Atletico Madrid nyuma y'imyaka 10

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments