• Imikino / FOOTBALL


Umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ya Misiri, Hossam Hassan, yakoresheje ikiganiro n’abanyamakuru cya FIFA cyabaye ku wa Mbere yongera kugaragaza ko ashyigikiye abaturage ba Palestine, nyuma y’iminsi mike yeguriye intsinzi ikipe ye yabonye mu mukino wa kamarampaka Abanyapalestine ndetse akanazamura ibendera rya Palestine mu kibuga.

Mu ijambo ryamaze iminota irenga ine, Hassan yagize ati: “Niba hari umuntu uwo ari we wese ku isi utababazwa n’ibibera Abanyapalestine, uwo muntu ntabwo ari uw’ubumuntu, yaba ari Umwarabu, Umunyaburayi cyangwa Umunyamerika.”

Yakomeje avuga ko ibitero bya Israel muri Gaza byakomeje nubwo hari hatangajwe agahenge hagati ya Israel na Hamas. Nk’uko imibare y’intambara imaze gutangazwa ibigaragaza, abantu barenga 73,000 bamaze kwicwa kuva ku wa 07 Ukwakira, barimo abana barenga 20,000.

Hassan yanenze uburyo isi ishobora kwerekana impuhwe ku nyamaswa ariko igasa n’iyirengagiza urupfu rw’abasivili benshi, avuga ko “byabaye ibisanzwe kumva ko abantu ibihumbi bibiri cyangwa bitatu bapfuye ku munsi umwe bazize igisasu.”

Mu gihe Misiri yitegura guhura na Argentine ya Lionel Messi mu mukino wa 1/8 cy’Igikombe cy’Isi kuri uyu wa Kabiri, Hassan yavuze ko ikipe ye itazatinya ba nyampinga b’isi. 

Yavuze ko Misiri ari “umuco umaze imyaka 7,000” kandi ko ifite inshingano zo guhagararira isi y’Abarabu ndetse n’umugabane wa Afurika.

Uyu mutoza ni umwe mu batoza bake ku Isi bakunze kugaragaza akarengane igihugu cya Palestine gikomeje kugirirwa abantu bose barebera. Undi wagaragaje iki kibazo  n'uwahoze ari umutoza w'ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, Pep Guadiola.


"Niba hari umuntu uwo ari we wese ku isi utababazwa n’ibibera Abanyapalestine, uwo muntu ntabwo ari uw’ubumuntu"- Umutoza wa Misiri, Hossam Hassan

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments