Mu Mudugudu wa Tanda, Akagari ka Tanda mu Murenge wa Giti mu Karere ka Gicumbi haravugwa urupfu rw'umugabo witwa Alphonse Muganga w'imyaka 61 bikekwa ko yishwe atemwe n'umuhungu we ufite imyaka 31 afatanyije na nyina bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku mitungo ahagana saa 13:30 z'ijoro.
Abaturanyi ba Alphonse
bavuga ko babajwe n’urupfu rwe ngo kuko ubwo bahuruzwaga n’umugore basanze
yamaze kwitaba Imana, icyakora bakavuga umugore we ashobora kuba afite uruhare
mu rupfe rwe ngo kuko bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku
mitungo.
Umwe mubaturanyi ba
Alphonse yavuze Manishimwe (umwana wa Alphonse) ajya kugenda yavuze ko azize
Nyina kuko ari we wateguye ibyo kwica Se.
Abaturage bavuga ko
bababajwe cyane n’urupfu rwa Alphonse bagasaba iperereza ryimbitse ryakorwa
maze ababigizemo uruhare bakabiryozwa.
Kurikira byinshi muri
iyi video