• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 

Umuryango w’uwahoze ari Perezida wa Zambia, Edgar Lungu, watsinze urubanza rwari rumaze igihe ruvugwaho cyane ku bijyanye n’aho azashyingurwa, nyuma y’uko urukiko rw’ubujurire rwo muri Afurika y’Epfo rukuyeho icyemezo cyari cyafashwe n’Urukiko Rukuru cyemereraga Leta ya Zambia gutwara umurambo we.

Iki cyemezo cyafashwe n’urukiko ruherereye i Bloemfontein ku wa Kabiri, nyuma y’umwaka urenga Edgar Lungu apfiriye muri Afurika y’Epfo aho yari ari kwivuriza.

Nubwo urukiko rwahaye intsinzi umuryango we, ntiharamenyekana niba iki cyemezo kizahagarika burundu amakimbirane amaze igihe hagati y’umuryango wa Lungu na Leta ya Zambia ku bijyanye n’imihango yo kumushyingura.

Aya makimbirane afitanye isano n’umubano utari mwiza wari hagati ya Lungu n’uwamusimbuye ku butegetsi, Perezida Hakainde Hichilema. Bivugwa ko ubwo bwumvikane buke bwakomeje no nyuma y’urupfu rwa Lungu, bugira ingaruka ku myanzuro ijyanye n’aho yagombaga kuruhukira bwa nyuma.

Leta ya Zambia yari yarasabye ko umurambo wa Edgar Lungu ucyurwa mu gihugu cye kugira ashyingurwe mu cyubahiro gikwiye uwigeze kuba Umukuru w’Igihugu. Yifuzaga ko ashyingurwa ahagenewe gushyingurwa abandi bahoze ari abakuru b’igihugu mu murwa mukuru, Lusaka.

Ku rundi ruhande, umuryango wa Lungu washimangiye ko ufite uburenganzira bwo gufata icyemezo ku ishyingurwa rye, usaba ko yashyingurwa muri Afurika y’Epfo mu buryo bwigenga kandi bw’umuryango gusa, nyuma y’uko ibiganiro wagiranaga na Leta ku mitegurire y’imihango yo kumusezeraho bitageze ku musaruro.

Mu gusoma icyemezo cy’urukiko, Umucamanza Raylene May Keightley yavuze ko ikintu cyagombaga guhuza umuryango na Leta cyahindutse intandaro y’urubanza rukomeye rwabereye kure y’igihugu cya Zambia.

Urukiko rw’ubujurire rwagaragaje kandi ko ibimenyetso byerekana ko Edgar Lungu yumvaga atakiri mu mwanya mwiza muri politiki y’igihugu cye nyuma yo kuva ku butegetsi, ndetse ko atifuzaga ko Perezida Hichilema yagira uruhare mu mihango yo kumushyingura.

Iki cyemezo gitegerejweho kugira ingaruka zikomeye ku buryo umurambo wa Edgar Lungu uzashyingurwa, mu gihe benshi bakomeje gutegereza kumenya niba Leta ya Zambia izubahiriza imyanzuro y’urukiko cyangwa niba hari izindi ngamba z’amategeko ishobora gufata.

Edgar Lungu, wahoze ari Perezida wa Zambia, yapfuye ku wa 05 Kamena 2025, afite imyaka 68 y'amavuko. Yaguye mu bitaro byo muri Pretoria muri Afurika y’Epfo, aho yari ari kwivuriza indwara yari amaranye igihe. Amakuru yagaragaje ko yapfuye nyuma y'ibibazo byavutse mu gihe yari ari kubagwa. 

Yabaye Perezida wa Zambia kuva mu 2015 kugeza mu 2021 mbere yo gusimburwa na Hakainde Hichilema. Nyuma y'urupfu rwe, havutse amakimbirane hagati y'umuryango we na Leta ya Zambia ku bijyanye n'aho agomba gushyingurwa, ayo makimbirane akaba ari yo akomeje kuganirwaho kugeza ubu. 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments