Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita
ku Buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira ku
muvuduko udasanzwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo
(RDC), nubwo hari ibikorwa byinshi biri gukorwa byo kugikumira no kuvura
abarwayi.
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa
by'ubutabazi bwihuse muri OMS, Chikwe Ihekweazu, yavuze ku wa Kabiri ko
uruzinduko yagiriye mu gace kibasiwe cyane n'iki cyorezo rwamweretse ibintu
bibiri bitandukanye: hari intambwe zimaze guterwa mu guhangana na Ebola, ariko
nanone hari ibibazo bikomeye bikomeje gutuma icyorezo cyiyongera.
Aganira n'abanyamakuru i Genève nyuma
yo kuva mu mujyi wa Bunia, Dr. Ihekweazu yavuze ko nubwo umubare w'abandura
wagabanyijwe muri tumwe mu duce, Ebola ikomeje gukwirakwira ku muvuduko uruta
uw'ibikorwa byo kuyirwanya.
Yagize ati: "Nubwo twageze ku
ntambwe ishimishije mu kugabanya umubare w'abandura, icyorezo kiracyihuta
kurusha imbaraga ziri gushyirwa mu kukirwanya."
OMS ivuga ko ubu iki cyorezo ari cyo gikomeje
gukwirakwira vuba kurusha ibindi byose byigeze byandikwa mu mateka ya Ebola.
Kugeza ku wa 11 Nyakanga, hari hamaze kwemezwa abantu hafi 2.000 banduye, mu
gihe abarenga 700 bari bamaze guhitanwa na cyo.
Ikintu gihangayikishije kurushaho,
nk'uko Dr. Ihekweazu yabitangaje, ni uko benshi mu bantu baherutse gupfa bazize
Ebola bapfiriye mu ngo zabo batarigeze bagera kwa muganga cyangwa ngo bahabwe
ubuvuzi.
Yavuze kandi ko 80% by'abantu bashya
banduye batigeze baba ku rutonde rw'abantu bari barahuye n'abarwayi bazwi,
bivuze ko inkomoko y'ubwandu bwabo itazwi.
Ibi byerekana ko hari imirongo myinshi
y'ikwirakwizwa ry'icyorezo itaramenyekana, bikagora cyane ibikorwa byo
kugenzura no guhagarika ubwandu.
Nubwo hagiye hagaragara ibitero
byibasiye ibigo n'abakozi b'ubuzima, Dr. Ihekweazu yavuze ko ibyo ari ibikorwa
bibaye rimwe na rimwe.
Yongeyeho ko uburyo bwiza bwo kongera
icyizere cy'abaturage ari ugukorera mu mucyo no gusobanurira abaturage neza
serivisi zitangirwa mu bigo nderabuzima.
Iki cyorezo cyatewe n'ubwoko bwa
virusi ya Ebola buzwi nka Bundibugyo, ubwoko butarabonera urukingo rwemewe ku
rwego mpuzamahanga. Nubwo hari ubushakashatsi bwatangiye ku miti ishobora
kuvura ubu bwoko bwa virusi, kugeza ubu nta muti wemewe cyangwa urukingo
rwemewe burabonerwa.
Virusi ya Ebola ni imwe mu ndwara
zandura cyane. Ishobora kwanduza abantu binyuze ku nyamaswa zo mu ishyamba,
hanyuma ikagira abantu ikwirakwizwa no guhura n'amazi yo mu mubiri w'uwarwaye
cyangwa wapfuye, harimo amaraso, ibirutsi, amasohoro n'andi mavangingo
y'umubiri. Ishobora kandi kwandurira ku myenda, ibitanda n'ibindi bikoresho
byakoreshejwe n'uwanduye.
OMS ikomeje gusaba abaturage bo muri
RDC kubahiriza amabwiriza y'inzego z'ubuzima, kwihutira kujya kwa muganga igihe
bagaragaje ibimenyetso bya Ebola no kwirinda guhisha abarwayi, kuko ari bwo
buryo bw'ingenzi bwo kugabanya ikwirakwira ry'iki cyorezo no kurengera ubuzima
bw'abaturage.