• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko igitero cyo ku butaka bwa Iran gishobora kubaho, ariko agaragaza ko icyo gikorwa kidashobora gukorwa n’ingabo za Amerika gusa, ahubwo kikaba cyakorwa n’abafatanyabikorwa ba yo.

Trump yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Fox News ku wa Kabiri, aho yavuze ko adahakana ko hashobora kubaho igikorwa cya gisirikare cyo ku butaka bwa Iran mu gihe yaba abona ko ari ngombwa.

Ati “Hari igihe uba ukeneye igikorwa cyo ku butaka, ariko dufite abandi bantu bazagikora ku bwacu.”

Ntabwo Perezida Trump yigeze avuga igihugu cyangwa umutwe w’ingabo ushobora gukora igikorwa nk’iki.

Aya magambo aje mu gihe Amerika ikomeje ibikorwa bya gisirikare kuri Iran, aho Trump yongeye gutera ubwoba ko ibitero bishobora kwaguka bikagera ku bikorwaremezo by’ingenzi birimo amashanyarazi n’ibiraro, mu gihe Tehran yaba idasubiye mu biganiro.

Ati “Bizakomeza kugeza igihe nzavuga ko bihagije. Icyumweru gitaha hazakurikiraho amashanyarazi, hanyuma ibiraro. Tuzasenya ibigo by’amashanyarazi n’ibiraro byabo keretse basubiye ku meza y’ibiganiro.”

Mu kiganiro cye, Trump yongeye kugaruka ku kirwa cya Kharg gifite akamaro gakomeye mu bukungu bwa Iran kuko ari ho kunyura igice kinini cya peteroli igihugu cyohereza hanze.

Iki kirwa giherereye mu nyanja hafi kilometero 25 uvuye ku nkombe za Iran, kikaba gicishwaho hafi 90% bya peteroli Iran yohereza mu mahanga.

Trump yavuze ko niba Iran idahinduye imyitwarire yayo, Amerika ishobora gufata iki kirwa nyuma yo kugabanya ubushobozi bw’ingabo za Iran.

Mu gihe Amerika ikomeje kuvuga ko igamije gucunga umutekano w’ubwikorezi bwo mu Muhora wa Hormuz, Iran yo yatanze umuburo ko ishobora gufunga indi mihora ikoreshwa mu kohereza peteroli na gaze mu karere.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments