Perezida wa
Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye urubyiruko rw’Abanyarwanda kurangwa
n’ikinyabupfura, gukunda igihugu no kwimakaza indangagaciro z’umuco nyarwanda,
avuga ko ari byo bizafasha igihugu gukomeza urugendo rw’iterambere no gutegura
abayobozi b’ejo hazaza bafite inshingano n’indangagaciro.
Yabitangaje
kuri uyu wa Kabiri ubwo yagiranaga ikiganiro n’abitabiriye Itorero Indangamirwa
Icyiciro cya 16 riri kubera mu Kigo cy’Imyitozo cya Gisirikare cya Gabiro
giherereye mu Karere ka Gatsibo. Abasore n’inkumi hafi 800 bamaze ibyumweru
bahabwa amasomo y’uburere mboneragihugu, ubuyobozi n’indangagaciro z’umuco
nyarwanda.
Mu ijambo
rye, Perezida Kagame yavuze ko disipulini ari imwe mu ndangagaciro z’ingenzi
urubyiruko rukwiye kugira, kuko ari yo ituma umuntu akomeza guharanira intego
ze aho kuyobywa n’ibintu bishobora kumwangiriza ubuzima.
Yagize ati:"Ikinyabupfura
ni ingenzi cyane. Ituma umuntu akomeza
kwerekeza ku ntego ze aho kujyanwa n’ibintu bitamwubaka ahubwo bishobora no
kumusenya."
Perezida
Kagame yashimye urubyiruko rwitabiriye Itorero, avuga ko rwemeye gusiga inyungu
zarwo bwite n’ibikorwa by’imiryango yarwo kugira ngo rwitabire aya mahugurwa
azabagirira akamaro mu buzima bwabo bwose.
Yasabye buri
wese gukoresha neza ubumenyi ahakura, kuko ari bwo buzamufasha gufata imyanzuro
myiza no kwirinda inzira zishobora kumuyobya.
Perezida
Kagame yanaburiye urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge n’izindi ngeso mbi
zikomeje kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwa benshi.
Yavuze ko
kunywa cyangwa gukoresha ibiyobyabwenge bishobora gusenya ejo hazaza
h’urubyiruko ndetse bikagira ingaruka ku miryango no ku gihugu muri rusange.
Yashimangiye
ko urubyiruko rukwiye guhitamo inzira y’uburezi, umurimo, kwigira no kuba
abaturage bafite inshingano, kuko ari bo bazaba bayobozi b’ejo hazaza.
Perezida
Kagame yavuze ka ko gukunda igihugu bitagomba kugangukira mu
magambo, ahubwo bikwiye kugaragarira mu bikorwa bya buri munsi.
Yasabye
urubyiruko gukorera igihugu rubikuye ku mutima, kurinda ibyagezweho no
guharanira icyateza imbere Abanyarwanda bose.
Yongeyeho ko
igihugu gikomeye cyubakwa n’abaturage bafite indangagaciro, bakunda igihugu
cyabo kandi biteguye kukorera inyungu rusange.
Kimwe mu
byagarutsweho cyane muri iri jambo ni akamaro ko ururimi rw’Ikinyarwanda.
Perezida
Kagame yavuze ko buri Munyarwanda akwiye kumenya no kuvuga neza Ikinyarwanda
kuko ari kimwe mu biranga ubunyarwanda n’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Yagaragaje
impungenge z’uko hari bamwe mu rubyiruko ndetse n’abakuze batakivuga neza
ururimi rwabo kavukire.
Yasabye
inzego zibishinzwe gushyiraho gahunda zorohereza Abanyarwanda bose, harimo
n’ababa mu mahanga, kwiga no gukomeza kuvuga Ikinyarwanda aho bari hose ku isi.
Minisitiri
w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr. Jean
Damascène Bizimana, yavuze ko abitabiriye Itorero bahawe amasomo atandukanye
agamije kubaka Umunyarwanda ufite indangagaciro.
Yasobanuye
ko aya mahugurwa yibanze ku mateka y’u Rwanda, umuco nyarwanda, gukunda
igihugu, ubumwe bw’Abanyarwanda, ubuyobozi, kwigira no kugira inshingano
nk’umuturage.
Yavuze kandi
ko kwimurira Itorero Indangamirwa i Gabiro byakozwe kugira ngo haboneke ahantu
hagutse kandi habereye gutangirwamo amasomo arimo imyitozo ngiro ifasha
urubyiruko kurushaho kwitegura inshingano zarwo.
Mu gusoza
gahunda y’uwo munsi, urubyiruko rwabonye umwanya wo kwerekana ibyo rwize muri
Itorero, gutanga ibitekerezo ndetse no kubaza Perezida Kagame ibibazo
bitandukanye abasubiza ku ngingo zirebana n’ejo hazaza h’igihugu n’uruhare
rwabo mu iterambere.
Iki kiganiro
cyanitabiriwe n’abayobozi bakuru ba Guverinoma, barimo Minisitiri w’Ingabo Juvenal
Marizamunda, Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana, Minisitiri w’Ubutegetsi
bw’Igihugu Dominique Habimana, hamwe n’abandi bayobozi bo mu nzego
zitandukanye.
Indangamirwa
Icyiciro cya 16 yahuje urubyiruko rwo mu Rwanda n’urwo muri Diaspora
Icyiciro cya
16 cy’Itorero Indangamirwa cyahuje urubyiruko 769, barimo 137 baturutse muri
Diaspora, bagizwe n’abagore 66 n’abagabo 71. Abandi bitabiriye baturutse mu
mashuri yisumbuye na za kaminuza zo hirya no hino mu Rwanda.
Aba basore
n’inkumi bafite imyaka iri hagati ya 18 na 23 bamaze igihe bahugurwa ku mateka
y’u Rwanda, indangagaciro z’Igihugu, ubuyobozi, kwigira no kugira inshingano
nk’abaturage.
Itorero
rikomeje kubaka urubyiruko rw’ejo hazaza
Gahunda y’Itorero
Indangamirwa, yashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka wa 2007, ishingiye
ku muco gakondo w’Itorero, ikaba igamije kubaka urubyiruko rufite ubumenyi,
indangagaciro n’ubushobozi bwo kuyobora no gukorera igihugu.