• Ubuzima /

Umuyobozi Mukuru w'Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryiza ku buzima  Tedros Adhanom Ghebreyesus, yageze ku wa Gatatu i Kinshasa, aho yagiranye ibiganiro na Perezida Félix Tshisekedi, mu gihe icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira ku muvuduko uhangayikishije muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Uru ni uruzinduko rwa kabiri rwa Tedros Adhanom Ghebreyesus muri RDC kuva icyorezo cya Ebola cyatangazwa ku wa 15 Gicurasi. Intego y'urwo ruzinduko ni ugusuzuma uko ibikorwa byo guhangana n'icyorezo bihagaze no gushimangira ubufatanye hagati ya Leta ya Congo n'imiryango mpuzamahanga ishinzwe ubuzima.

Imibare iheruka yatangajwe na Guverinoma ya RDC igaragaza ko, nyuma y'amezi hafi atatu icyorezo gitangiye, hamaze kubarurwa abantu 3,874 banduye Ebola, mu gihe 1,751 bamaze guhitanwa n'iyi ndwara.

Mu butumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga X, Tedros yavuze ko mu duce tumwe twibasiwe cyane n'icyorezo, umubare w'abandura bashya wikubye kabiri mu cyumweru kimwe gusa.

Yagize ati: "Birakenewe ko twongera imbaraga mu buryo bwihutirwa kandi ku rugero runini, mu nzego zose z'igikorwa cyo kurwanya Ebola, dufatanyije n'abafatanyabikorwa bose."

Mu ruzinduko rwe i Kinshasa, Tedros yari kumwe na Jean Kaseya, uyobora Ikigo Nyafurika Gishinzwe Gukumira no Kurwanya Indwara.Jean Kaseya na we yagaragaje impungenge zikomeye ku muvuduko icyorezo kirimo gukwirakwira, anenga intege nke zikigaragara mu gukurikirana abantu bahuye n'abarwayi, ibintu bishobora gutuma ubwandu bukomeza gukwira mu buryo bworoshye.

Icyorezo kiri kwibasira RDC cyatewe n'ubwoko bwa virusi ya Bundibugyo Ebola, ubwoko butarabonerwa urukingo rwemewe cyangwa umuti wihariye. Ibi bituma kurwanya iyi ndwara birushaho kugorana ugereranyije n'ibindi byorezo bya Ebola byabaye mbere.

Abahanga mu buzima bavuga ko icyorezo cy'uyu mwaka kimaze kurenga ibindi byose byigeze guterwa na virusi ya Bundibugyo mu rwego rw'umuvuduko w'ikwirakwira.

Kugeza ubu, iki ni cyo cyorezo cya kabiri cya Ebola cyahitanye abantu benshi kurusha ibindi mu mateka, nyuma y'icyabaye muri Afurika y'Iburengerazuba hagati ya 2014 na 2016, cyanduje abantu barenga 28,000 kigahitana abarenga 11,000.

Abayobozi ba OMS na Africa CDC basanga hakenewe kongerwa ubushobozi bwo gupima abanduye, gukurikirana abahuye n'abarwayi, gutanga ubuvuzi bwihuse no gushishikariza abaturage kwihutira kwivuza kugira ngo iki cyorezo kidakomeza gufata indi ntera.

Mu gihe ibikorwa byo guhangana na Ebola bikomeje, amahanga arasabwa gukomeza gutera inkunga RDC, kuko iki cyorezo gishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw'abaturage no ku mutekano w'akarere niba kidahagaritswe hakiri kare.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments