Umubare
w’abamaze kwicwa n’ikiza cya Ebola gikomeje muri Repubulika ya Demokarasi ya
Congo (DRC) uyu munsi warenze abantu 2000.
Abategetsi i
Kinshasa basobanuye iki kiza nk’icya mbere kirimo gukwirakwira byihuse cyane mu
mateka y’iki gihugu.
Begetse
ubwandu bwihuse ku kuba Ebola yaratinze gutahurwa ndetse no kubera umutekano
mucye muri icyo gihugu.
Uko kwemeza
ko umubare w’abamaze kwicwa na Ebola muri icyo gihugu warenze 2000, bitumye iki
kiza kiba icya kabiri cyishe abantu benshi cyane mu mateka y’icyo gihugu, nyuma
y’ikiza cyo mu mwaka wa 2018 kugeza mu 2020 cyishe abantu hafi 2300.
Kuva iki
kiza gitangajwe muri Gicurasi (5) uyu mwaka, abantu barenga 4300 bamaze
kwemezwa ko banduye Ebola, nubwo ubu byibazwa ko icyo gihe iki kiza cyari
kimaze amezi gitangiye, kikaza gutahurwa nyuma.
Inzobere mu
by’inkingo zo mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) zagiye
inama ko urukingo rumwe gusa rwa Ebola ruriho rwemejwe rwageragerezwa ku bantu
mu buryo busesuye, kugira ngo harebwe niba rutanga ubwirinzi kuri ubu bwoko
bushya bwa Bundibugyo bw’iyi virusi.