Abaturage bo
mu Murenge wa Nkanka, Akarere ka Rusizi, bavuga ko uburaya n’imibonano
mpuzabitsina ikorwa n’abakobwa bakiri bato bikomeje gufata indi ntera ku buryo
bamwe bamwe batangiye kubyara bataruzuza imyaka 18.
Bamwe
mu baturage baganiriye na BTN TV bavuga ko usanga abakobwa bakiri bato
cyane batangiye kwishora mu mibonano mpuzabitsina ndetse hakaba n’abageza ku
myaka 16 bamaze kubyara.
Umwe
yagize ati: “Abakobwa bari kubyara nka kera. Urahagarara ugakandagira umukobwa
n’umusore bari gusamban, wavuga akakubaza ngo urambaza iki ko nikundiye uyu
musore. Umwana w’imyaka 16 ari kubyara.”
Abaturage
bavuga ko hari n’abana bato batangiye kumenya imibonano mpuzabitsina bakiri mu
mashuri abanza.
Umwe
yagize ati: “Ikibabaje, umwana ari kurangiza umwaka wa gatanu azi igitsina gabo
icyo ari cyo.”
Bamwe
mu baturage bashyira ubukene mu mpamvu zituma abakobwa bamwe bishora muri iyi
myitwarire. Bavuga ko hari abakobwa bareba bagenzi babo babyaye bagahabwa ibyo
bakeneye, na bo bakumva ko kubyara cyangwa kubona umusore ubatunga ari inzira
yo kuva mu buzima bw’ubukene.
Umwe
yagize ati: “Abakobwa bo muri aka gace bafite ikibazo cy’ubukene. Arabona mugenzi
we abyaye, akavuga ati ‘sinshaka kwicara ntabyaye.’ Bamuha shisha kibondo,
bamuha n’ingiro y’umwana, akumva ni sawa.”
Mu
minsi ishize, ACP Rutikanga yavuze ko imyitwarire idahwitse ikunze kugaragara
mu rubyiruko ikwiye guhagurukirwa. Yagaragaje ko utubari, utubyiniro n’ibirori,
cyane cyane ahaba abantu banyoye ibisindisha ari hamwe mu hantu hashobora
kugaragara imyitwarire idakwiye kwihanganirwa.
Abaturage
bo muri Nkanka basaba ko iki kibazo cyitabwaho n’inzego zitandukanye, kuva ku
muryango kugera ku buyobozi kugira ngo abana barindwe gutangira imibonano
mpuzabitsina bakiri bato no gutwara inda bakiri ku myaka yo kwiga.
Like This Post? Related Posts