• Ikoranabuhanga / MURANDASI

Umunyeshuri w’Umunyarwanda, Izere Louise, yageze ku Mpera y’Isi mu Majyaruguru mu rugendo mpuzamahanga rw’ubushakashatsi rwateguwe na Rosatom, ikigo cy’u Burusiya gikora mu bijyanye n’ingufu za nucléaire.

 Urwo rugendo rwabaye ku wa 13 Kanama 2026, aho Izere n’abandi banyeshuri b’abahanga baturutse mu bihugu bitandukanye bakoze urugendo rw’iminsi 10 mu bwato bwa nucléaire 50 Let Pobedy.

 Abanyeshuri banyuze ku murongo wa Murmansk–North Pole–Franz Josef Land–Murmansk, mu gikorwa cyari kigamije kubongerera ubumenyi no kubereka uko siyansi n’ikoranabuhanga bishyirwa mu bikorwa.

 Uru rugendo rwiswe Icebreaker of Knowledge rwabaye urw’amateka kuko rwari urwa 200 rw’ubwo bwato bugana ku Mpera y’Isi mu Majyaruguru.

 Mu gihe bari muri Arctique, abanyeshuri bafatanyije n’abahanga gukora ubushakashatsi butandukanye burimo gukoresha radiosonde mu gukusanya amakuru ajyanye n’ikirere no gutanga itumanaho mu duce tugoye kugerwamo.

 Izere Louise yavuze ko kugera ku Mpera y’Isi ari ibintu atazigera yibagirwa cyane ko yabonye imisozi y’urubura n’ibindi bice byihariye by’aka gace n'amaso ye.

 Ati: “Natewe ishema no gukora uru rugendo mpagarariye u Rwanda. Rwanteye imbaraga zo kugira inzozi nini ku hazaza hanjye.”

 Abanyeshuri bagera ku 5.000 bo mu bihugu 22 ni bo bari bahataniye amahirwe yo kwitabira uru rugendo, barimo abo mu Rwanda, Tanzania, Misiri, Afurika y’Epfo, u Bushinwa, u Buhinde n’ibindi bihugu.

 Rosatom ivuga ko Icebreaker of Knowledge igamije gukundisha urubyiruko amasomo ya siyansi, ikoranabuhanga n’ingufu za nucléaire, ndetse no kuvumbura no guteza imbere impano z’abakiri bato.

 U Rwanda na Rosatom kandi bifitanye ubufatanye mu burezi n’iterambere ry’abakozi mu bijyanye n’ingufu za nucléaire kuva mu 2019.

 Kugeza ubu, Abanyarwanda 18 barangije amasomo muri kaminuza zo mu Burusiya mu gihe mu mwaka w’amashuri wa 2026/2027 Rosatom yageneye abanyeshuri b’Abanyarwanda imyanya 20 yo kwiga muri izo kaminuza.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments