• Amakuru / MU-RWANDA


Kigali, 27 Kanama 2026 Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwatangaje ko rwaguze imigabane yose yari ifitwe na Crystal Ventures Limited muri Inyange Industries Ltd na Ruliba Clays Ltd, bityo ubu ibyo bigo byombi bikaba bisigaye ari umutungo wa RSSB 100%.

Mbere y’iki gikorwa, RSSB yari isanzwe ifite 40% by’imigabane ya Inyange Industries na 50% y’imigabane ya Ruliba Clays. Kugura imigabane yari isigaye byatumye RSSB iba nyir’imigabane yose y’ibi bigo byombi.

RSSB yavuze ko iki cyemezo kigamije guha ibi bigo ubushobozi bwo gukomeza gutera imbere no kurushaho kunoza imikorere, kugira ngo birusheho kugira uruhare mu bukungu bw’igihugu ndetse no mu iterambere ry’urwego rw’abikorera.

Inyange Industries imaze kubaka izina rikomeye mu isoko kandi ikomeje kugaragaza umusaruro mwiza mu bikorwa by’ubucuruzi ndetse n’iterambere rifatika.

Ku rundi ruhande, Ruliba Clays izwi cyane mu gukora ibikoresho by’ubwubatsi ndetse no gutanga umusaruro w’ibikoresho byifashishwa mu bwubatsi. RSSB ivuga ko iki kigo gifite ubushobozi bwo kongera umusaruro no kugira uruhare runini mu iterambere ry’ubwubatsi mu Rwanda no mu karere.

RSSB yavuze ko kuba ubu ifite 100% by’imigabane y’ibi bigo bizafasha mu kunoza imiyoborere, kongera imikorere, guteza imbere ubushobozi bw’abakozi no guharanira ko ibi bigo birushaho gutanga umusaruro.

Ikigo kandi giteganya gukomeza gushakisha abafatanyabikorwa b’ingenzi b’ibi bigo ndetse n’amahirwe akwiye yo gushora imari, mu rwego rwo kongera umusaruro no gukomeza guteza imbere Inyange Industries na Ruliba Clays.

RSSB yavuze ko ari umufatanyabikorwa wa Crystal Ventures Limited mu ishoramari rya Inyange Industries kuva mu 2014, naho muri Ruliba Clays ikaba ari umufatanyabikorwa wayo kuva mu 2009. Iki gikorwa cyo kugura imigabane yose ya CVL kikaba kije gukomeza gufata iya mbere mu guteza imbere ibyo bigo no kubaka ubukungu burambye.

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko kugura imigabane yose byongereye ubushobozi bwo gutera imbere mu buryo burambye.


Ati: “Intego ni uko ibi bigo bikomeza kubaka ibikomeye, bigatanga umusaruro ushobora kongera agaciro ku banyamuryango bacu. Uko ibi bigo bizakomeza gukura no gutera imbere, tuzakomeza gukoresha ubushobozi mu gushakisha amahirwe agamije ku musaruro ishoramari ryacu no kurushaho kongera agaciro.”

RSSB kandi yavuze ko urusobe rw’ishoramari rya Inyange Industries na Ruliba Clays rufite ubushobozi bwo kugira uruhare mu iterambere ry’inganda mu Rwanda, kongera umusaruro w’imbere mu gihugu no kugabanya ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga.

RSSB yatangaje ko izakomeza gukoresha ishoramari ryayo mu guteza imbere ubukungu bw’igihugu, hagamijwe kurinda no kongera agaciro k’imisanzu y’abanyamuryango ndetse no kugira uruhare mu kongera ubushobozi bw’ubukungu bw’u Rwanda.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments