• Amakuru / POLITIKI


Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko Iran iri kugerageza kongera gahunda yayo ya nucléaire, nubwo Amerika na Israel ziherutse kugaba ibikorwa bya gisirikare byibasira Tehran.

Mu kiganiro yagiranye na televiziyo ku Cyumweru, Netanyahu yagereranyije gahunda ya nucléaire ya Iran na kanseri, avuga ko ishobora kongera gukura no kuba ikibazo gikomeye mu gihe itaranduwe burundu.

Yagize ati: “Twabonye iyi kanseri, ikibyimba cya kanseri. Kandi murabizi ko nyuma yo gukuraho kanseri, niba itakuweho burundu… ishobora kwica.”

Yakomeje avuga ko kanseri ishobora gukwirakwira mu bindi bice by’umubiri, avuga ko ari na ko abona ikibazo cya gahunda ya nucléaire ya Iran.

“Kanseri ishobora kugira ibice bikomeza gukwirakwira, kandi iyo ibyo bibaye ishobora kongera kuba ikibazo gikomeye. Iran iri kongera, kandi irashaka kongera gahunda yayo ya nucléaire.”

Ku bijyanye n’intambara yo muri Gaza, Netanyahu yavuze ko Israel yiyemeje kwambura umutwe wa Hamas intwaro, haba mu nzira yoroshye cyangwa hakoreshejwe imbaraga za gisirikare.

Yagize ati: “Bazamburwa intwaro. Nk’uko babivuga mu Cyongereza, mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Mu nzira yoroshye cyangwa inzira ikomeye. Ariko narabyiyemeje kandi nzabikora.”

Ubwo uwamubazaga yamubazaga niba Ingabo za Israel, IDF, zishobora gufata Umujyi wa Gaza no kwambura Hamas intwaro mu gihe yanze kuzitanga, Netanyahu yavuze ko bishobora gukorwa bibaye ngombwa.

“Nibiba ngombwa, ni byo bizaba.”

Netanyahu kandi yashimangiye ko Israel itazemera ko hajyaho Igihugu cya Palestine, avuga ko guverinoma ye itazemera icyo cyemezo.

“Nta gihugu cya Palestine kizabaho. Hari abanyapolitiki batabasha kubyemera, ariko ntikizabaho kandi ntabwo tuzemera ko hajyaho igihugu cya Palestine.”

Aya magambo aje mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera muri West Bank, ahavugwa ubwiyongere bw’ibikorwa by’urugomo bikorwa na bamwe mu baturage b’abimukira b’Abayahudi, ibikorwa bya gisirikare bya Israel ndetse n’ikorwa ry’imiturire mishya.

Netanyahu yamaganye ibyo yise “ibikorwa by’urugomo by’ubugizi bwa nabi”, avuga ko ababikora ari itsinda rito ry’urubyiruko rufite ibibazo bitandukanye.

Kwamamaza kwe kuje kandi mu gihe amasezerano yo guhagarika imirwano muri Gaza ashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje guhura n’ibibazo, harimo ibitero bikomeje kugabwa na Israel n’ubwumvikane buke ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda igamije kwambura Gaza intwaro, kuyubaka no gushyiraho imiyoborere ishingiye ku baturage.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments