Uwahoze ari Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, n’umugore we Cilia Flores, basabye urukiko rwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kubakuraho ibirego baregwa birimo ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.
Abunganira Maduro na Flores batanze ubusabe bwabo mu Rukiko rwa Federal rwa Manhattan, bavuga ko bafite ubudahangarwa kubera umwanya Maduro yari afite nk’umukuru w’igihugu, mu gihe Flores yari umugore wa Perezida.
Abunganira Maduro bavuga ko amategeko mpuzamahanga atemerera urukiko rw’igihugu kimwe kuburanisha umukuru w’ikindi gihugu ku bikorwa byakozwe mu gihe yari ku butegetsi.
Ku ruhande rwa Flores, abamwunganira bavuga ko ubudahangarwa bwe bujyanye n’ubusugire bwa Venezuela kandi ko icyo gihugu ari cyo cyonyine cyagombye kuba gifite ububasha bwo kubukuraho.
Maduro na Flores bahakana ibyaha byose baregwa. Abashinjacyaha ba Amerika bo bavuga ko Maduro n’abandi bayobozi bo muri Venezuela bagize uruhare mu mugambi wo kwinjiza muri Amerika toni nyinshi za kokayine, bifashishije bamwe mu bashinzwe umutekano muri Venezuela.
Maduro kandi aregwa kuba yaragize uruhare mu bikorwa byiswe narco-terrorism, umugambi wo gucuruza no kwinjiza kokayine muri Amerika ndetse n’ibindi byaha bifitanye isano n’intwaro. Flores na we aregwa ibyaha bifitanye isano n’umugambi wo kwinjiza ibiyobyabwenge muri Amerika.
Niba bahamwe n’ibyaha baregwa, bashobora guhanishwa ibihano bikomeye birimo igifungo cya burundu.
Maduro na Flores bafungiwe i Brooklyn kuva bafatwa n’ingabo za Amerika mu gikorwa cyabereye i Caracas muri Mutarama 2026. Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko icyo gikorwa cyari gikurikije amategeko, ariko Maduro we akavuga ko yashimuswe kandi ko yafashwe ku ngufu.
Ikibazo cy’ubudahangarwa bwa Maduro gishobora kugira uruhare rukomeye muri uru rubanza. Abamwunganira bashaka ko urukiko rugaragaza ko kuba yari umukuru w’igihugu bigomba kumurinda gukurikiranwa n’urukiko rwo muri Amerika, mu gihe abashinjacyaha bashaka ko urubanza rukomeza.
Umucamanza Alvin Hellerstein ateganya kumva impande zombi ku itariki ya 17 Ugushyingo 2026, kugira ngo asuzume ubu busabe. Niba Maduro na Flores batatsinze iki cyifuzo cyo gukuraho ibirego, urubanza nyirizina ruteganyijwe gutangira ku itariki ya 01 Kamena 2027.
Like This Post? Related Posts