• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida Paul Kagame yakiriwe n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Oman, Sultan Haitham bin Tariq mu musangiro wateguwe mu rwego rwo kumuha icyubahiro, ubwo yatangiraga uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri muri iki gihugu.

Uyu musangiro wabaye ku mugoroba wo ku wa 7 Nzeri 2026, ubereye mu Ngoro ya Al-Husn Al-Amir i Salalah, aho Perezida Kagame n’itsinda ry’abayobozi b’u Rwanda bari kumwe bakiriwe ku meza.

Mbere y’umusangiro, Perezida Kagame na Sultan Haitham bin Tariq bahererekanyije impano z’urwibutso, mu rwego rwo kugaragaza umubano mwiza n’ubucuti biri hagati y’ibihugu byombi.

Perezida Kagame yageze i Salalah ku wa 7 Nzeri, aho yakiriwe na Sultan Haitham, ahita atangira uruzinduko rwa mbere agiriye muri Oman nk’Umukuru w’Igihugu.

Uru ruzinduko rugamije gukomeza umubano umaze imyaka myinshi hagati y’u Rwanda na Oman, ndetse no gushaka uburyo ubufatanye mu nzego zitandukanye bwagurwa. 

Mu biganiro byahuje abayobozi n’intumwa z’ibihugu byombi, hibanzwe ku mahirwe ari mu nzego zirimo ingufu, ubwikorezi n’ubuhinzi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame na Sultan Haitham bashimangiye ko uruzinduko ari amahirwe yo kubakira ku mubano w’amateka usanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko, Perezida Kagame azasura inzu ndangamurage ya Museum of the Frankincense Land iherereye muri Al Baleed Archaeological Park, ahantu ndangamateka hashyizwe ku rutonde rw’Umurage w’Isi rwa UNESCO.

Muri uru ruzinduko kandi azasura Razat Royal Farm, umurima wa cyami ufite ubuso burenga hegitari 404, ukaba uri mu bigo by’ingenzi by’ubuhinzi mu gace ka Dhofar, aho unifashishwa mu bukerarugendo bushingiye ku buhinzi no mu burezi.

U Rwanda na Oman bifitanye umubano wa dipolomasi umaze imyaka irenga 40 ushingiye ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi.






 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments