Nyuma
y’imyaka 25 ibitero by’iterabwoba byo ku wa 11 Nzeri 2001 bibaye muri Leta
Zunze Ubumwe za Amerika, Papa Léon XIV yunamiye abazize ibyo bitero, asaba
abantu kongera imbaraga mu guharanira amahoro ku Isi.
Papa Léon
XIV yagarutse kuri aya mateka ku Cyumweru, ubwo yari arangije umuhango usanzwe
wo gusabira abakirisitu no kubaha umugisha wo ku Cyumweru, awutangirira ku
idirishya rya studio ye ireba kuri Place Saint-Pierre, i Vatican.
Papa,
wavukiye i Chicago muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ubutumwa bwe mu
rurimi rw’Icyongereza, ashimangira ko agikomeza gusabira abazize ibitero byo ku
wa 11 Nzeri ndetse n’abakomeje kubana n’ingaruka zabyo.
Yagize ati: “Nongera
amasengesho yanjye nsabira abatakaje ubuzima ndetse n’abakomeje gutwara
ibikomere by’uyu munsi w’akaga.”
Papa Léon
XIV yakomeje asaba abantu bose gusenga kugira ngo amahoro abe mu bihugu
bitandukanye, cyane cyane muri iki gihe Isi ikomeje guhura n’intambara
n’ubugizi bwa nabi.
Yagize ati: “Mu
gihe amakimbirane n’urugomo bikomeje kugera kuri benshi mu bavandimwe na
bashiki bacu, ndasaba buri wese gusenga kugira ngo Nyagasani ahe Isi impano
y’amahoro.”
Ubu ni bwo
bwa mbere Papa Léon XIV atangarije ku mugaragaro ubutumwa bujyanye no kwibuka
ibitero byo ku wa 11 Nzeri kuva yatorerwa kuyobora Kiliziya Gatolika.
Ibitero byo
ku wa 11 Nzeri 2001 byabaye ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho
indege zashimuswe n’abagabye ibitero zagabwe ku nyubako zitandukanye, birimo
inyubako z’Ikigo cy’Ubucuruzi Mpuzamahanga cya World Trade Center i New York
ndetse n’inyubako ya Pentagon.
Ibyo bitero
byahitanye abantu benshi kandi byagize ingaruka zikomeye ku mutekano w’Isi no
ku mubano w’ibihugu, bituma habaho impinduka zikomeye mu buryo bwo kurwanya
iterabwoba ku rwego mpuzamahanga.
Muri icyo
gihe, Papa Léon XIV wari ukitwa Robert Prevost, yari i Roma mu Butaliyani, aho
yari yitabiriye inama ikomeye y’umuryango w’idini ry’Abaugustini, ari na wo
muryango w’idini yari abarizwamo.
Icyo gihe
yari ayoboye ishami ry’Abaugustini muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rifite
icyicaro i Chicago, umujyi yavukiyemo.
Nyuma
y’iminsi itatu gusa ibitero bibaye, ku wa 14 Nzeri 2001, Robert Prevost yagizwe
Umuyobozi Mukuru w’umuryango w’Abaugustini ku Isi. Icyo gihe kandi yari umunsi
wo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko.
Yaje
gukomeza kuri uwo mwanya mu manda ebyiri, kugeza mu mwaka wa 2012.
Nyuma
y’imyaka 25 ibyo bitero bibaye, Papa Léon XIV yahisemo kwibuka abazize ibyabaye
cyane cyane abinyujije mu isengesho no guhamagarira abantu guharanira amahoro.
Ubutumwa bwe
buje mu gihe Isi ikomeje guhura n’intambara, amakimbirane n’ibikorwa by’urugomo
mu bice bitandukanye, ibintu bikomeje gutuma abaturage benshi bahasiga ubuzima
ndetse abandi bagahunga ibyabo.
Papa yavuze
ko kwibuka abahitanywe n’ibitero nk’ibyo bidakwiye kugarukira gusa ku kwibuka
amateka, ahubwo ko bikwiye no kuba umwanya wo kongera gutekereza ku gaciro
k’ubuzima bwa muntu, kubana mu mahoro no kwirinda ibikorwa by’urugomo.
Ku itariki
ya 11 Nzeri 2001, ibitero by’iterabwoba byibasiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika
byahinduye cyane imiterere y’umutekano ku Isi.
Kuva icyo
gihe, ibihugu byinshi byongereye ingamba zo kurwanya iterabwoba, mu gihe
ikibazo cy’umutekano mpuzamahanga cyakomeje kuba kimwe mu bibazo by’ingenzi ku
rwego rw’Isi.
Papa Léon
XIV, mu butumwa bwe bwo kwibuka iyi myaka 25, yashimangiye ko nubwo amateka
adashobora gusubirwamo, abantu bashobora kuyigiramo amasomo, bagaharanira ko
ibyabaye bitazongera kubaho ndetse bakubaka Isi irangwa n’amahoro n’ubwubahane.
Ubutumwa bwe
bushingiye ku isengesho bwasobanuwe nk’ubusabe bwo kugira ngo abantu bakomeze
kwibuka abazize ibitero, ariko nanone bakore ibishoboka byose kugira ngo
urugomo n’amakimbirane bitongera guteza ibyago nk’ibyo mu bihe biri imbere.
Like This Post? Related Posts