• Amakuru / MU-RWANDA
Badutwariye inka, twatsinda bakaducishamo imirongo kugeza nubwo baduhereye akato ku karubanda batubwira ko amashuri y'Abatutsi ari muri Uganda na Ethiopia aho bafite inkomoko.

Aya ni amwe mu magambo y'uwitwa Benegusenga Alodie, wayatangaje ku Cyumweru tariki 14 Mata 2024, mu buhamya yagejejeho abari baje Kwibuka Inzirakarengane zapfuye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi 1994, ziciwe ahari ishami ry'ingufu z'amashanyarazi mu cyahoze ari Komini Gikoro Segiteri Cyimbazi ubu ni mu Murenge wa Munyiginya Mu karere ka Rwamagana.

Benegusenga yashavujwe cyane n'ihohoterwa Abatutsi bakorerwaga, urugero ni nka mukuru we, Barakagwira Dapfrose wacishijweho umurongo kandi yatsinze ahubwo umwanya we bakawuha uwitwa Uwingoma, mushiki wa Semanza noneho se agiye kubaza impamvu umwana we bamucishijeho umurongo umwe ati " Ntamututsi wiga mu Rwanda yiga muri Uganda, Gakwaya tuve imbere cyangwa tukwereke".

Mu buhamya bwe akomeza agaragaza ko hadutse imvugo igira iti “Mututsi mvira aha” ikaba yari igamije kubwira abatutsi ko nta mwanya bafite mu gihugu ndetse ko bazanasubizwa iyo baturutse bacishijwe mu mazi nyuma y’uko bishwe.

Iyi mvugo yatumaga Ntamututsi wumva ko afite uburenganzira mu gihugu, iyi ntero kandi yaterwaga na buri wese yaba umuto cyangwa umukuru iki kikaba kimwe mu bimenyetso bigaragaza ko Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 yateguwe,

Yakomeje agira ati: “Muri Jenoside nabwo Interahamwe zatwicaga nazo zari zifite ya mvugo ya ‘Mututsi mvira aha'”

Perezidante wa Ibuka mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative yasabye abaturage gutanga amakuru ku hantu hakiri imibiri y'Inzirakarengane zishwe muri Jenoside kuko iyo zishyinguwe abo mu miryango yazo bituma bakomera kandi ntibakomeze guheranwa n'agahinda.

Ati" Birababaje cyane ku kuba hari abazi aho imibiri y'inzirakarengane iri ariko ntihagire uyerekana. Ndabasabye iyo umuntu ashyinguye uwe biramufasha cyane kuko abohoka ndetse ntakomeze guheranwa n'agahinda".

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab yasabye urubyiruko kwirinda imvugo mbi ziganisha ku kubiba urwango n'ingengabitekerezo dore ko hakiri abagifite iyo myumvire.

Ati: “Turasaba buri muntu wese uri hano kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’inyigisho izo ari zo zose z’amacakubiri n’urwango nk’uko hari aho tugihanganye n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse n’ibitekerezo bibi.”

Meya Mbonyumuvunyi yakomeje asaba urubyiruko kwifashisha imbuga nkoranyambaga bahangana n’abapfobya Jenoside yakorewe abatutsi dore ko basigaye bifashisha cyane imbuga nkoranyambaga.


"REG Station y'Amashanyarazi-Substation Musha" bita kuri SAYI, Niho hafatwa nki'ahatangirijwe ishyirwa mu bikorwa Jenoside muri uyu murenge hakaba hariciwe bAbatutsi benshi ku itariki 10 Mata 1994 ubwo bari bahahungiye bizeye umutekano w'abajandarume baharindaga.

Uwahoze ari Bugurumesitiri wa Komini Gikoro, Bisengimana Paul( wakatiwe n'Urukiko rwa Arusha ) akaba ariwe wari uhagarariye irimburwa ry'Abatutsi muri Komini yayoboraga harimo na Cyimbazi nk'imwe muri segiteri zari ziyigize.

Umugambi w'interahamwe, Bisengimana ukaba wari uko bagombaga kurimbura umututsi ntakubabarira ndetse no kubakurikirana ahari ho hose bahungira yaba ku zindi segiteri zahanaga imbibi na Komini Gikoro harimo Komini Bicumbi na Komini Muhazi.

Abatutsi bo mu cyahoze ari Segiteri Cyimbazi ubu ni mu Murenge wa Munyiginya, bagiye bicirwa mu bice bitandukanye bya Musha, Mwulire, Nkomangwa na Gishari.

Umurenge wa Munyiginya ufite utugari Dutandatu nka Nkomangwa, Nyarubuye, Binunga, Bwana, Cyimbazi na Cyarukamba, uhana imbibi n'indi mirenge y'akarere ka Rwamagana ya Gishari, Mwulire, Musha.
Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments