Kigali: Abanyonzi ntibavuga rumwe na polisi ku mezi igare rimara mu bizibiti

Yanditswe na: NIYONSENGA Schadrack 2025-07-16 10:53:26 Amakuru

Aho abo banyonzi bita mu bizibiti ni aharundwa amagare yabo aba yafashwe na polisi bitewe n’amakosa atandukanye yo mu muhanda, Abaganiriye na BPLUS TV Rwanda dukesha Ntibashaka gutinda kuri ayo makosa ahubwo bahangayikishijwe n’ibwiriza rivuga ko nta gare risubizwa ritamaze aho hantu byibuza amezi atatu.

Bavuga ko batumva impamvu iryo bwiriza ririho cyane ko n’ubundi iyo ayo mezi ashize n’ubundi ngo badashobora guhabwa iryo gare batabanje kwishyura igiciro cy’amande runaka bijyanye n’ayo baba baciwe ku ikosa.

Harimo uwagize ati “Na perezida wa Repubulika yaravuze ati mwihangire imirimo, kereka niba atari umurimo dukora wenda tukaba ducuruza ibiyobyabwenge. Nonese niba ikigari bishyura inzu, uwo muntu ufatiye igare ukamumarisha amezi atatu araba abayeho ate? Ni hahandi uzajya gushikuza telefone.”

Akomeza agira ati “ Niba ari ayo mafaranga bavuga wenda ngo umunyonzi asabwa kugira ngo ahabwe iryo gare, nibayafate hanyuma bamureke aze ahahire abana.”

Undi ati “ Niba njyewe narafashe igare nkavuga ngo ngiye mu muhanda gushaka amafaranga hanyuma bikaba ngombwa ko nsubira mu rugo, ni ukuvuga ngo wa muryango wanjye bigiye kuwugiraho ingaruka. Hari na benshi burya bashobora kujya mu ngeso mbi z’ubujura n’ibindi”

Ku ruhande rwa Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano yo kuri iki kibazo yavuze ko icy’ingenzi ari uko aba banyonzi bagomba kumva ko ikigamijwe ari ukuramira ubuzima.

SP Emmanuel Kayigi uvugira iryo shami yagize ati “ Ikigamijwe ni ukurengera ubuzima bw’abo bantu no gutanga umutekano wo mu muhanda nta gukorera mu kajagari, nta nogukora ngo umuntu yumve ko akorera ku jisho, ufite ikibazo yegera polisi bitewe n’aho ari akagaragaza ikibazo cye. Turabegeranya tukabaganiriza, bamara kuganirizwa bagasubizwa amagare yabo.”

Ubusanzwe ukurikije uko igare riteye byagorana ko irifatiwe mu makosa ryakwandikirwa hanyuma rigakomeza akazi nk’uko bimeze ku bindi binyabiziga ahanini bitewe n’uko ryo riba ridafite nimero iriranga (Plaque) ngo ribe rishobora kuzishyuzwa nyuma. Hari abatekereza ko iyo ari yo mpamvu igare rikoze amakosa mu muhanda rihita ritwarwa nyiraryo akazarihabwa yishyuye amande ryaciwe.

N’ubwo ibyo byumvikana ariko ikitumvikana ni inkomoko n’impamvu ituma nta gare risubizwa nyiraryo mbere y’uko amezi atatu ashira uhereye igihe ryafatiwe.

REBA UKO ABANYONZI BASOBANURA IKIBAZO CYABO MURI VIDEO IKURIKIRA


Related Post