• Imikino / FOOTBALL

Hakim Sahabo  umukinnyi w'ikipe y'igihugu Amavubi,  wababajwe n'urupfu rwa Mukanemeye Madeleine , niwe watanze ibikenewe hafi ya byose ngo uyu mukecuru ashyingurwe.

Kuwa kabiri taliki ya 05 Kanama , nibwo Mukanemeye Madeleine "Mama Mukura " yasinguwe , nyuma yo kwitaba Imana kucyumweru taliki ya 3 Kanama , Hakim Sahabo , ni umwe mu bakinnyi b'ikipe y'Igihugu y'u Rwanda bari basanzwe ari inshuti magara nuyu mukecuru.

Amakuru BTNRwanda.com yamenye , ni uko Hakim Sahabo yatanze hafi ya byose  byari bikenewe ngo uyu mubyeyi ashyingurwe mu cyubahiro, bivugwa ko Sahabo yatanze arenga million 1 y'amafaranga y'u Rwanda,  arimo ayakoreshejwe mu gutunganya imva , gushyiraho tente zo kwicaramo , sonolisation , gukaraba , n'ibindi bitandukanye .


Hakim Sahabo na Mukanemeye Madeleine bari inshuti magara

Hakim Sahabo , akinira ikipe ya Standard  de Liege , akaba ari umwe mu bakinnyi bakundaga cyane Mukanemeye Madeleine,  kuko yagiye agaragara inshuro nyinshi ari kumwe nuyu mubyeyi, uretse uruhare rwa Sahabo,  Mukura VS&L nayo hari ibyo yakoze kugirango uyu mubyeyi ashyingurwe mu cyubahiro .


Hakim Sahabo yatanze hafi ya byose kugirango inshuti ye ishyingurwe mu cyubahiro 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments