• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 26 barimo abagabo 25 n’umukobwa umwe bari barakoze itsinda ry’abitwa ‘Abameni’ bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ubujura bakoreraga ku matelefone yabo.

Aba bose bafashe bari mu kigero cy’imyaka y’ubukuru iri hagati ya 24 na 54, bakekwaho ibyaha bitanu 5 birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’ibindi, bakaba barafatiwe mu Mirenge ya Nyakarenzo na Nkungu yo mu Karere ka Rusizi aho ngo bahamagaraga abantu bakababeshya bagamije kubiba.

RIB itangaza ko iperereza kuri aba bose ryagaragaje ko bari bamaze kwiba abaturarwanda amafaranga agera kuri miliyoni 30 gusa muri izo zose 25 zo ngo zasubijwe banyirazo.

Uko ibi byaha akenshi bikorwa, aba bameni bahamagara abantu ku matelefone yabo binyuze mu gutomboza nimero iyo ari yo yose rimwe na rimwe bakabanza koherereza iyo nimero ubutumwa buhimbano bayibwira ko yakiriye amafaranga umubare runaka.

Iyo bamaze kukoherereza ubwo butumwa bahita baguhamagara bakakubwira ko hari amafaranga bibeshye bakayayobereza kuri nimero yawe bagahita bagusaba ko wayabasubiza, Iyo rero utabanje kugenzura neza uhita wemera kubasubiza amafaranga bikarangira ahubwo ubahaye ayawe mu gihe wibwiraga ko uri kubasubiza ayabo cyane ko hari n’ubwo baba baguteye ubwoba ko bari bugufungire nimero biyise abakozi ba MTN.

Hari kandi n’abahamara abantu bakababwira ko ari abakozi ba Mocash ndetse ko hari inguzanyo umuntu afite bashaka ko baganiraho wabaha umwanya bikarangira bagusabye kugira ibyo ukanda ari byo binavamo kwisanga waboherereje mafaranga yawe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments