• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Guhera mu ijoro  ryo ku wa mbere tariki ya 26 Ukwakira Inkubi y’umuyaga yiswe Melissa  ikomeje guca ibintu  mu  birwa byo  muri Caraibe aho  umaze guhitana abagera kuri 3 muri Jamaica.

Nkuko bitangaza uyu muyaga warikoroje muri ibyo birwa  byari bimaze  iminsi bizwi n’Inzego za Leta zari zifite amakuru y’uko ushobora  kuzabyibasira, kugeza ubu uyu muyanga washyizwe mu rwego rw’imiyaga ikomeye yibasiye ibice bimwe na bimwe by’Isi uyu mwaka

Ikinyamkauru TF1 cyo cyatangaje ko bamwe mu baturage batuye Umurwa  cyo Mukuru, Kingston basabwe kwimuka, bajyanwa ahadashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Minisitiri w’Intebe wa Jamaica, Andrew Holness kandi yari yategetse ko amashuri afunga ndetse n’ibibuga by’indege bya Norman Manley na Sangster bigahagarika imirimo.

Melissa ni yo nkubi y’umuyaga ya mbere ikomeye yibasiye Jamaica. Iyaherukaga ni iyiswe Gilbert yabaye mu 1981, yica abantu 49.

Uretse muri Jamaica uyu muyaga wishe abandi bantu bane muri Haiti no muri Repubulika ya Dominicaine.

Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ibijyanye n’inkubi z’imiyaga cyavuze ko uyu muyaga ariwo ukomeye ubayeho mu mwaka wa 2025, kuko uri ku muvuduko wa kilometeri 290 ku isaha.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments