• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Ku gicamunsi cyo  kuri  uyu wa kabiri  tariki ya 28 ukwakira 2025 nibwo umutwe  urwanya Leta  ya Kinshasa wa AFC/M23 watanze umuburo ngabo za FARD nyuma y’ibitero by’indege n’intwaro ziremereye wagabye  mu bice ugenzura

 

Itangazo uyu mutwe urwanya Leta ya Kinshasa wasohoye, rivuga ko imbunda ziremereye n’indege zidatwarwa n’abapilote zarashe ibisasu byinshi mu baturage mu bice bya Kibati, Bibwe, Nyabiondo, Bukombo no mu nkengero zaho.

Ubu bushotoranyi bwatumye abaturage barimo abana n’abagore bahasiga ubuzima, abandi barakomereka ndetse benshi bakurwa mu byabo barahunga.

AFC/M23 ivuga ko Kinshasa yatanze ubutumwa bw’uko yatesheje agaciro imbaraga zose zashyizwe mu biganiro by’amahoro, ahubwo ko icyo ishaka ari intambara ku baturage bayo.

AFC/M23 isanga nta kindi yakora usibye kwirwanaho. Yatangaje kandi ko igiye gukoresha imbaraga zishoboka mu kurinda umutekano w’abaturage, no guhangana n’ubutegetsi bubi bwa Kinshasa.

Ibi bibaye mu gihe impande zombi ku bufatanye n’abahuza barimo igihugu cya Qatar, barimo gushakisha uko hasinywa amasezerano y’amahoro bityo intambara igahagarara.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments