??
Mu gihugu cya Tanzania hatangiye amatora mu gihe hari impungenge ku
burenganzira bwa muntu n’ifatwa ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi
Kuri uyu wa
Gatatu, ibiro by’amatora byafunguwe mu gihugu cyose cya Tanzaniya, mu matora
arimo kugaragaramo impungenge z’amashyirahamwe arengera uburenganzira bwa muntu
ndetse n’ifatwa n’ifungwa ry’abanyapolitiki bo mu mpuzamashyaka itavuga rumwe
n’ubutegetsi.
Perezida Samia
Suluhu Hassan arimo kwiyamamariza manda ya kabiri. Ni umunyamuryango wa Chama
Cha Mapinduzi (CCM), ishyaka ryagiye ku butegetsi kuva Tanzania yabona
ubwigenge mu 1961.
Abanyamakuru ba
Associated Press basuye ibiro bitatu by’amatora basangayo imirongo y’abaturage
bategereje gutora. Amatora yatangiye saa moya za mu gitondo ku isaha yaho,
ateganyijwe kurangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, nyuma yaho hagatangira
kubarurwa amajwi.
Ibyavuye mu
matora by’agateganyo biteganyijwe gutangazwa mu masaha 24 akurikira, ariko
Komisiyo y’amatora ifite iminsi irindwi yo gutangaza ibyavuye mu matora ku
mugaragaro.
Umuyobozi
w’ishyaka nyamukuru ritavuga rumwe n’ubutegetsi CHADEMA, Tundu Lissu, ari muri
gereza kandi ashobora kuregwa icyaha cyo kugambirira kugambanira igihugu nyuma
yo gusaba ivugururwa ry’amategeko y’amatora. Undi mukandida w’ishyaka rya
kabiri rinini ritavuga rumwe n’ubutegetsi ntiyemerewe kwiyamamaza.
Umuryango
Amnesty International watangaje ko umwuka w’amatora urimo ubwoba bwinshi, kandi
ko wemeje ko hari abantu bashimutiwe ahantu hatazwi, abafungwa mu buryo
bunyuranyije n’amategeko ndetse n’abicwa n’inzego z’umutekano mbere y’amatora.
Uyu muryango uvuga ko ibi birego
by’ihohoterwa bikozwe n’inzego z’umutekano bishobora kubangamira ubunyangamugayo
bw’aya matora.
Perezida Hassan
arimo gushaka kwiyimariza manda ye ya mbere yuzuye, nyuma yo kurangiza manda ya
nyakwigendera John Pombe Magufuli wapfuye bitunguranye mu 2021. Abandi
bakandida 16 bo mu mashyaka mato nabo bari mu rugamba rwo kwiyamamaza.
Tanzania ifite
miliyoni zirenga 37 z’abemerewe gutora, biyongereyeho 26% ugereranyije n’umwaka
wa 2020. Gusa abasesenguzi baravuga ko uko kwiyongera kwabiyandikishije
bitavuze ko abantu bazitabira amatora cyane, kubera ko hari abantu batekereza
ko Perezida Hassan ntawe bahanganye ukomeye, bityo gutsinda kwe bikaba bisa
nk’ibizwi mbere y’igihe.
Like This Post? Related Posts