• Amakuru / POLITIKI


Perezida Donald Trump yahamagariye abayobozi b’ingabo za Amerika kongera kugerageza intwaro za kirimbuzi za Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo bakomeze kugendana n’ibindi bihugu nk’u Burusiya n’u Bushinwa.

Yabyanditse ku mbuga nkoranyambaga mbere gato yo kubonana na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping, muri Koreya y’Epfo.

Yagize ati: “Kubera gahunda z’ibindi bihugu zo kugerageza, nasabye Minisiteri y’Intambara gutangira kugerageza Intwaro zacu za kirimbuzi ku buryo bungana.”

Trump yavuze ko Amerika ifite intwaro za kirimbuzi kurusha ibindi bihugu, avuga ko u Burusiya ari ubwa kabiri naho u Bushinwa bukaba “ubwa gatatu”.

Iyi nkuru dukesha BBC ivuga ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitigeze zigerageza intwaro za kirimbuzi kuva mu 1992.

Bije nyuma y’iminsi mike Trump yamaganye u Burusiya buherutse kugerageza igisasu cya kirimbuzi, bivugwa ko gishobora kugera ahantu harenga 14,000 km.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments