• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yashimye bagenzi be b’u Burusiya n’u Bushinwa, avuga ko ababona nk’abayobozi b’abanyembaraga, abanyabwenge kandi badakinishwa.

Trump yabivugiye mu kiganiro cyatambutse kuri CBS mu kiganiro 60 Minutes, ku Cyumweru tariki 2 Ugushyingo 2025.

Ubajijwe n’umunyamakuru uwo abona ko akomeye kurusha undi hagati ya Xi Jinping na Vladimir Putin mu biganiro, Trump yasubije ati “Bombi.”

Yakomeje avuga ko ari abantu udashobora kwisanga muganira amafuti.

Ati “Oya ntabwo ari uko bameze, ntabwo ari abantu bashobora kwinjira bakubaza bati ‘oh, Urabona uyu atari umunsi mwiza’ cyangwa ‘ngo reba ukuntu ari byiza, izuba ryavuye, ni byiza cyane’. Aba ni abantu bazi icyo bashaka, b’amakare kandi bakaba abayobozi b’abahanga.”

Yongeyeho ko u Burusiya n’u Bushinwa bifite intwaro za kirimbuzi nyinshi, kandi ko yabiganiriyeho n’abayobozi b’ibi bihugu mu rwego rwo gushaka inzira yo kugabanya izo ntwaro.

Ku mubano hagati ya Amerika n’u Bushinwa, Trump yavuze ko nubwo habayeho ibibazo, we na Xi Jinping “babanye neza cyane,” kandi ko nyuma y’amezi y’amakimbirane bashoboye kugera ku masezerano y’ubucuruzi amushimishije cyane.

Yanavuze ko “afitanye umubano mwiza cyane na Putin” ndetse ashinja uwamubanjirije, Joe Biden, kuba ari we watumye habaho “intambara y’ubuswa” muri Ukraine.

Trump yakomeje avuga ko kuva yasubira muri White House uyu mwaka, “yamaze kurangiza intambara umunani” akoresheje imbaraga z’ubucuruzi, kandi yizeye ko azashobora gukemura ikibazo cya Ukraine “mu mezi make.”

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments