• Amakuru / POLITIKI


Umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 6 Ukuboza wigaruriye agace ka Luvungi gaherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kukirukanamo ihuriro ry’Ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

M23 yafashe Luvungi nyuma y’iminsi itanu yari imaze iyirwaniramo mu buryo bukomeye n’ingabo zirimo iza Leta ya RDC (FARDC), iz’u Burundi (FDNB) ndetse n’abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo.

Kuri ubu ziriya ngabo nyuma yo kwirukanwa muri kariya gace, amakuru avuga ko zahise zihunga zerekeza mu gace ka Sange ndetse no mu mujyi wa Uvira.

Luvungi yafashwe ku manwa yo kuri uyu wa Gatandatu, iriyongera ku gace ka Rurambo ko mu misozi miremire ya Uvira ingabo za AFC/M23 zafashe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments