Ubushinjacyaha bw’Urwego mpuzamahanga rwashyiriweho gukora imirimo y’insigarira y’inkiko mpanabyaha (IRMCT) bwagaragaje ko ibihugu bihana imbibi n’u Buholandi biri gushyirwaho igitutu kugira ngo byakire Kabuga Félicien ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Tariki ya 7 Kanama
2023, abacamanza ba IRMCT bafashe umwanzuro wo guhagarika urubanza rwa Kabuga,
basobanura ko adafite ubushobozi bwo kuburana bitewe n’uburwayi afite burimo
ubwo kwibagirwa.
Nyuma yo kwakira icyifuzo cy’Ubushinjacyaha gisaba ko Kabuga
yafungurwa by’agateganyo, akoherezwa mu Rwanda kuko ari cyo gihugu cyonyine
cyemeye kumwakira, tariki ya 14 Ugushyingo 2025 abacamanza barabyanze,
bagaragaza ko atashobora gukora urugendo rw’indege rumugeza i Kigali.
Tariki ya 28 Ugushyingo, Ubushinjacyaha bwarajuriye, busaba ko
abacamanza ba IRMCT bavuguruza, bakanzura ko Kabuga yoherezwa mu Rwanda mu
rwego rwo kwirinda ko yakomeza gufungwa kandi kuko adashobora kurekurwa
hataraboneka ikindi gihugu kimwakira.
Bwasobanuye ko icyemezo abacamanza bafashe tariki ya 14
Ugushyingo cyirengagiza raporo z’abaganga barimo Dr. Liam Scott, zigaragaza ko
Kabuga ashobora gutwarwa mu ndege y’imbangukiragutabara (air ambulance),
akagera mu Rwanda ubuzima bwe budahungabanye.
Ubushinjacyaha bwagaragaje ko nta cyizere cy’uko Kabuga yabona
ikindi gihugu kimwakira, kuko nko mu 2023 gusa, igihugu kimwe cy’i Burayi
cyanze ubusabe bwo kumwakira inshuro eshatu, ikindi cyanga kumwakira inshuro
imwe.
Kuba Kabuga akomeje gufungirwa muri kasho ya IRMCT iri i Lahe mu
Buholandi na byo bikomeza guhombya uru rwego. Ubushinjacyaha bwasobanuye ko
Kabuga n’abandi bantu batatu barufungiwemo barutwara miliyoni 2 z’Amadolari
buri mwaka.
Icyemezo giheruka cy’abacamanza bari bayobowe na Iain Bonomy
cyasabaga ibihugu by’i Burayi byanze kwakira Kabuga ko byakwisubiraho.
Ubushinjacyaha buyobowe na Serge Brammertz bwagaragaje ko ari iki ari igitutu.
Ubushinjacyaha bwagize buti “Iki gitutu cyongeye gushyirwa kuri
ibi bihugu kugira ngo byakire Kabuga ku butaka bwabyo biragoye kucyumva.”
Bwagaragaje ko Kabuga nta mahirwe afite yo kwakirwa n’ibihugu
yifuza kubamo kubera ko ibyaha bya jenoside yakurikiranyweho bimukura ku
rutonde w’abagomba kurindwa hashingiwe ku mahame yo kurengera impunzi
n’amategeko y’i Burayi.
Buti “Kabuga wakurikiranyweho ibyaha bya jenoside, ntari mu
bagomba kurindwa hashingiwe ku masezerano arebana n’impunzi n’itegeko ry’u
Burayi, ntafatwa nk’ukwiye uburinzi mpuzamahanga kubera ko hari impamvu
zikomeye zigaragaza ko yakoze ibyaha mpuzamahanga bikomeye.”
Ubu Bushinjacyaha kandi bwagaragaje ko kuba Kabuga yaramaze
imyaka myinshi yihishe ubutabera, aba mu bihugu birimo “kimwe mu byo yifuza
gufungurirwamo”, aho umuryango we wamufashije kukigumamo binyuze mu guhindura
imyirondoro, na byo bimwambura amahirwe yo kwakirwa i Burayi.
Ubushinjacyaha bwibukije abacamanza ko umwanzuro wafashwe mu
myaka ibiri ishize wo kutaburanisha Kabuga wasobanuraga neza ko kurekurwa
by’agateganyo kwe kwihutirwa, bityo ko hakwiye gukorwa ibishoboka, agafungurwa,
akoherezwa mu Rwanda.
Buti “Inyandiko igaragaza neza ko u Rwanda ari bwo buryo nyakuri
bwonyine bwashoboka, kandi ko indege y’imbangukiragutabara ishobora kumugezayo
nta kibazo.”
Urugereko rw’ubujurire rwa IRMCT rwasabwe kwinjira muri iyi
dosiye, rukaba rwafata icyemezo cyo kurekura Kabuga by’agateganyo kugira ngo
yoherezwe mu Rwanda, cyangwa se rugashyikiriza Perezida w’uru rwego, Graciela
Gatti Santana, iyi dosiye kugira ngo ayifateho umwanzuro ashingiye ku bubasha
ahabwa n’amategeko.
Ku wa 8 Ukuboza 2025, Perezida wa IRMCT, Santana, yafashe umwanzuro wo gushyiraho inteko y’abacamanza batatu bazasuzuma ubujurire bw’Ubushinjacyaha. Aba ni Carmel Agius, Burton Hall na Liu Daqun.
Like This Post? Related Posts