Guverinoma y’u Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye (MoU) y’imikoranire n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga Serivise mu bya Dipolomasi, (International Institute for Diplomacy: IID) gikorera mu Busuwisi.
Ni amasezerano yasinyiwe i
Geneve mu Busuwisi, ku wa 09 Ukuboza, aho ku ruhande rw’u Rwanda yashyizweho
umukono na Amb Urujeni Bakuramutsa uhagarariye u Rwanda muri Loni no mu yindi
miryango mpuzamahanga y’i Geneve na Perezida wa IID, Pablo Demierre wari kumwe
na Visi Perezida, Vincent Subilia.
Ayo masezerano akaba
agamije kugenga imikoranire y’impande zombi mu bijyanye
n’amahugurwa yo ku rwego ruhanitse ku bikorwa bya dipolomasi, ibiganiro,
amategeko mpuzamahanga, kongerera abakozi ubushobozi mu buryo bw’umwuga,
itumanaho n’ubutwererane bihuriweho.
Impande zombi ziyemeje
gusangira ubumenyi n’uburararibonye mu bya dipoloamasi, amasomo mu bya politiki
ndetse abakozi b’impande zombi bazagira uruhare mu mahugurwa yihariye mu bya
dipolomasi.
Ikigo IID kibonwa nk’igisubizo kirambye mu gihe Isi ihanganye n’amakimbirane y’ibihugu mu gihe gifite ubunararibonye mu kubifasha kugera ku mahoro no kuyoborwa mu rugendo rwo kugera ku Ntego z’Iterambere Rirambye (SDG’s).