Umuvugizi
w’ihuriro Alliance Fleuve Congo, ifatanya na M23, Lawrence Kanyuka yemeje ko
ubu bafashe umujyi wa Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.
Lawrence
Kanyuka yavuze ko AFC/M23 imenyesha rubanda ko hashize amezi atatu hari
amagambo y’urwango, n’ibitero bigabwa ku baturage kubera uko basa, ndetse
n’ubwicanyi bukorerwa abaturage mu bice AFC/M23 igenzura, bikozwe n’ingabo za
Congo, FARDC, zifatanya n’iz’u Burundi.
Ati “Uyu
munsi icyago kigijweyo, turemeza ko umujyi wa Uvira wabohowe.”
Yasabye
abaturage gukomeza imirimo yabo bisanzwe, avuga ko AFC/M23 ihari kugira ngo
ibarindire umutekano.
Kanyuka
yasabye abaturage bahunze imirwano guhunguka, avuga ko babakijije “iteshamutwe”
n’ibindi bikorwa bibi.
Kuri uyu wa
Gatatu mu masaha ya kare, abarwanyi ba AFC/M23 binjiye muri Uvira nta mirwano
ibaye. Bamwe bifotoje bari mu bwato mu kiyaga cya Tanganyika bagaragaza ko
Uvira bayifashe, abandi bari mu mihanda bigendera bugenzi ariko batwaye
ibikoresho bya gisirikare.
Abaturage bo
muri Uvira, bavugaga ko nta musirikare ugaragara mu mihanda mikuru, no mu bice
by’umujyi bifitatwa nk’ahantu hakomeye.
Ingabo za
Leta ya Congo, Wazalendo n’ingabo z’Abarundi, bamwe bahungiye i Burundi, abandi
bajya mu mashyamba ya Itombwe, hari n’aberekeje i Kalemie mu Ntara ya
Tanganyika.
Like This Post? Related Posts