• Amakuru / MU-RWANDA


Umusore wo mu karere ka Nyaruguru akurikiranweho kwica murumuna we, bikekwa ko byatewe no kunywa ibiyobyabwenge hagati yabo.

Byabereye mu mudugudu wa Kamusindi, mu Kagari ka Rusenge, mu Murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru.

Amakuru avuga ko uwitwa Kanamugire, w’imyaka 40, yakubise ifuni mu mutwe uwitwa Kayiranga, w’imyaka 35, bavukana.

Akomeza avuga ko bikekwa ko bombi bakoreshaga ibiyobyabwenge, bigatuma umwe muri bo akora ibidakwiye, cyane ko bari bakiri ingaragu babana mu rugo basigiwe n’ababyeyi.

Nyakwigendera, akimara gukubitwa ntiyahise apfa; yajyanwe ku Kigo Nderabuzima cya Kabirizi, akaba ari ho yaguye.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Kamanzi Hassan, yatangaje ko imwe mu mpamvu ikekwa yatumye aya makimbirane abaho ari uko bombi bakoresha ibiyobyabwenge, ari nayo mpamvu yabiteye.

Umurambo wa nyakwigendera woherejwe gukorerwa isuzuma ku bitaro bya Munini, naho ukekwa we yoherejwe gufungirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kibeho, aho RIB yatangiye iperereza.

Polisi irashishikariza abaturage kwirinda ibiyobyabwenge, kuko kubikoresha, kubicuruza cyangwa kubiha abandi bihanishwa n’amategeko kandi bigira ingaruka mbi ku mibereho y’abantu n’iterambere ry’igihugu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments