• Amakuru / MU-RWANDA


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, ayoboye intumwa z’u Rwanda zitabiriye Inama Mpuzamahanga ku Bukungu ya World Economic Forum (WEF) iri kubera mu mujyi wa Davos mu Busuwisi.

Iyo nama iri kuba ku nshuro ya 56, ikaba yatangiye kuri uyu wa mbere ikazamara iminsi itanu. Nk’uko byatangajwe na Ambasade y’u Rwanda mu Busuwisi, mu ntumwa z’u Rwanda ziyitabiriye harimo kandi Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, hamwe n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), Dr. Jean-Guy Afrika.

Inama ya World Economic Forum y’uyu mwaka yitabiriwe n’abantu barenga 3,000 baturutse mu bihugu birenga 130. Barimo abayobozi bakuru ba politiki bagera kuri 400, harimo abakuru b’ibihugu na za guverinoma 65, ndetse n’abayobozi batandatu b’ibihugu bigize itsinda rya G7.

Mu bayitabiriye harimo kandi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kimwe n’abandi bayobozi bakuru b’ibihugu, barimo Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo.

Iyo nama kandi yitabiriwe n’abayobozi bakuru b’ibigo by’ubucuruzi (CEO) n’abagize inama z’ubuyobozi bagera kuri 850, abanyapolitiki, imiryango itari iya Leta, abashakashatsi bo muri za kaminuza, n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye.

Biteganyijwe ko World Economic Forum izibanda ku ngingo zitandukanye z’ingenzi zirimo ibibazo byugarije Isi, ihindagurika ry’imbaraga za politiki ku rwego mpuzamahanga, iterambere n’imikoreshereze y’ubwenge buhangano (AI), ndetse no gushora imari mu bumenyi n’ubushobozi bw’abantu hagamijwe imirimo y’ejo hazaza.

Hari kandi ibiganiro bizibanda ku kurengera ibidukikije, iterambere rirambye, iterambere rigera kuri bose, n’inzira zo kongera icyizere n’ubufatanye mu Isi irangwa n’amakimbirane menshi.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments