• Amakuru / MU-RWANDA


Mu murenge wa Gashanda w’akarere ka Ngoma haravugwa inkuru y’umukobwa w’imyaka 19 wasambanyijwe n’abasore bane bamusimburanaho. Ibi bakaba babikoze bitwaje imipanga n’inyundo. Ubuyobozi bw’umurenge wa Gashanda bwahamije aya makuru butangaza ko bamwe mu bakekwaho icyaha batawe muri yombi.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Mutarama 2026 ni bwo mu mudugudu wa Nyamugali akagari ka Cyerwa, Umurenge wa Gashanda ho mu karere Ka Ngoma hamenyekanye inkuru y’umukobwa twahaye izina rya Angelique, abasore bane baraye baviriyeho inda imwe bamusambanya ku ngufu bamufashe amaguru n’amaboko bakamusimburanaho.

Ibi ngo babikoze bitwaje intwaro gakondo zirimo inyundo n’imipanga, uyu mukobwa uri mu kigero cy’imyaka 19 ngo ibi byamubayeho avuye aho yari yatumwe n’ababyeyi nk’uko abaturanyi barimo n’abo mu muryango we babibwiye umunyamakuru.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gashanda Ngenda Mathias yavuze ko aya makuru ari yo atanga ubutumwa ko abaturage bakwiye gukomeza gufatanya n’ubuyobozi batanga amakuru nk’aya y’umutekano muke.

Kugeza ubu babiri muri bane bakekwaho gusambanya uyu mukobwa batawe muri yombi mu gihe abandi batorotse bakomeje gushakishwa n’inzego z’umutekano.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments