Ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko, nyuma yo kuva mu Mujyi wa Uvira, ridafite gahunda yo kuva mu bindi bice rigenzura mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.
Mu itangazo ryasohowe kuri uyu wa 26 Mutarama 2026, umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko amahoro n’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bigenzurwa n’iri huriro, aho abaturage bakomeje imirimo yabo ya buri munsi kandi ubukungu bukaba bukora neza.
Yagize ati:"AFC/M23 ntizava mu gace na kamwe kari mu butaka yabohoye. Ntituzemerera uwo ari we wese, harimo na Leta ya Kinshasa, guhungabanya amahoro n’umutekano mu bice byabohowe.
Durakomeje kwiyemeza kurengera no kurwanira abaturage bacu twivuye inyuma, igihe cyose bakomeje kwibasirwa na Leta ya Kinshasa ifite imyitwarire y’ubugome."
AFC/M23 yakuye abarwanyi bayo ba nyuma mu Mujyi wa Uvira ku itariki ya 17 Mutarama 2026, aho ku munsi wakurikiyeho, imitwe ya Wazalendo n’ingabo za Leta ya RDC byahise byinjira muri uwo mujyi.
Ubwo izi ngabo zinjiraga muri Uvira, zatangaje ko zatsinze, zinavuga ko mu gihe cya vuba ziteganya gutangiza ibitero bigamije kwigarurira ibindi bice byose AFC/M23 igenzura, kugeza ku Mujyi wa Bunagana.
Lawrence Kanyuka yavuze ko bitangaje kubona Leta ya RDC yishimira kwinjira kw’ingabo zayo muri Uvira, nyamara izi nzego zizi neza ko byashobotse kubera icyemezo cya AFC/M23 cyo gukuramo abarwanyi bayo ku bushake, mu rwego rwo gutanga amahirwe ku mahoro.
Ku wa 23 Mutarama 2026, umuvugizi w’agateganyo w’ingabo za RDC, Lt Col Mak Hazukay, yatangaje ko abarwanyi ba AFC/M23 basohotse muri Uvira bangije ibikorwaremezo by’ingenzi n’ibikoresho birimo ibyubakishwa imihanda.
Iri huriro ryahakanye ayo makuru, rivuga ko ari ibinyoma, risobanura ko abarwanyi baryo bavuye muri uwo mujyi ku manywa y’ihangu, mu maso y’abaturage ndetse n’ibitangazamakuru byo mu gihugu no hanze yacyo.
AFC/M23 kandi yashinje ingabo za RDC n’imitwe ya Wazalendo gukora ibyaha byibasira ikiremwamuntu kuva zinjiye muri Uvira, ikanavuga ko hakozwe igikorwa cyo guhagarika internet mu rwego rwo guhisha amahanga amakuru ku byaha bivugwa ko biri kuhakorera.
Iri huriro ritangaje ibi mu gihe kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, uyu mutwe wa M23 uzaba umaze umwaka wigaruriye umujyi wa Goma wo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma yo kuwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Like This Post? Related Posts