Ingabo z’igihugu
cya Nigeria zatangaje
ko zashoboye kubohora abantu 11
bari barashimuswe n’imitwe yitwaje Intwaro
mu mezi atatu ashize mu bikorwa
bya gisirikare byakorewe mu bice bitandukanye by’icyo gihugu.
Nkuko byatangajwe n’ubuyobozi
bw’igisirikare muri icyo
gihugu bwavuze ko mu bantu
barokowe harimo abagore n’abana bari bashimutiwe mu bitero iyo mitwe yagiye igaba mu midugudu ndetse no mu nzira
zisanzwe zinyurwamo n’abantu benshi mu majyaruguru y’igihugu ahamaze igihe
hagaragara ibikorwa by’ubushimusi n’ubujura bwitwaje intwaro
Igikorwa cyo
kubabohora cyakozwe nyuma y’iperereza
rikomeye ndetse n’ibitero by’ingabo
ku birindiro byiyo mitwe ,aho
Ingabo zivuga ko habayeho imirwano ikomeye bituma bamwe mu bagize iyo mitwe
bahunga abandi bakicwa mu ihe
abari barashimuswe barokowe ari bazima .
Nkuko bikomeza
kuvugwa n’ubuyobozi bw’ingabo abarokowe
bahise bajyana kwitabwamo kwa
muganga kugira ngo bitabweho neza kuko bamwe muribo bari bafite integer nkeya kubera ingaruka z’igihe kinini bamaze
bafungiwe mu mashyamba bikaba
biteganyijwe ko nyuma yo kwitabwaho
bazasubizwa mu miryango yabo
Iki gikorwa
kije mu gihe Nijeriya ikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano, birimo
ibitero by’abajihadiste mu majyaruguru ashyira uburasirazuba, amatsinda
y’abajura mu majyaruguru ashyira uburengerazuba, ndetse n’ibikorwa
by’iterabwoba mu bindi bice by’igihugu.
Leta ya
Nijeriya yavuze ko izakomeza kongera imbaraga mu bikorwa bya gisirikare, no
gukorana n’abaturage mu gutanga amakuru y’ingenzi, mu rwego rwo kurwanya
ubujura n’ubushimusi no gusubiza amahoro n’umutekano mu gihugu.
Like This Post? Related Posts