• Amakuru / MU-RWANDA


Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ko yahagaritse ibikorwa bya Mobicash Rwanda Ltd mu mezi atatu, icyemezo cyatangiye gukurikizwa ku wa 23 Mutarama 2026.

Mu itangazo BNR yashyize kuri X ku wa 29 Mutarama 2026, yatangaje ko Mobicash Rwanda Ltd yahagaritswe ihowe ibibazo byo kutubahiriza amabwiriza isabwa byakunze guhora byisubiramo.

BNR yakomeje ati “Muri iki gihe ihagaritswe ntabwo Mobicash Rwanda Ltd yemerewe gutanga serivisi zo kwishyurana cyangwa kwakira amafaranga y’abakiliya.”

BNR yavuze ko abakiliya ba Mobicash Rwanda Ltd bazakomeza kugira uruhare ku mafaranga yabo nko kubikuza n’ibindi.

Yavuze ko ibi bizakomeza gukorwa ariko ku bugenzuzi bwayo hagamijwe kurinda abakiliya no guhererekanya amafaranga binyuze mu mucyo.

BNR yakanguriye abakiliya bayo kwisunga ibindi bigo bitanga serivisi zo kwishyurana byemewe, igaragaza ko izi ngamba ziri mu murongo wayo wo guharanira ko imirimo yo guhererekanya amafaranga mu Rwanda ikorwa mu buryo bwizewe, bunoze ndetse burindiwe umutekano.

Ikoranabuhanga rya Mobicash ryavumbuwe mu 2007. Mobicash ikora ibijyanye no kubika no kohereza amafaranga mu buryo bw’ikorabuhanga.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments